Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza zikomeje gahunda igamije kurengera ubuzima bw’abimukira, aho zigiye gusinya andi masezerano anogejwe yo kubohereza mu Rwanda. Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, James Cleverly wamaze kugera mu Rwanda, yavuze ko iki Gihugu gitekanye bihagije.

Biteganyijwe ko aya masezerano ashyirwaho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, nyuma y’iminsi 20 Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutesheje agaciro uyu mugambi w’u Rwanda, aho rwavugaga ko atubahirije amategeko.

Mu mwanzuro w’uru Rukiko, rwavuze ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye gishobora kwakira abimukira, mu gihe baba bavuye mu Bwongereza, ngo kuko hari impungege ko bahita basubizwa mu Bihugu baje baturukamo.

Ni icyemezo cyubashywe na Guverinoma y’u Rwanda kuko cyafashwe n’Urwego rubifitiye ububasha, ariko yamagana ibyo rwavuzemo ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye ku mpunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yahise ishyira hanze itangazo kuri iki cyemezo ubwo cyari kikimara gutangazwa, yavuze ko bizwi ko u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere ku Isi bifata neza impunzi, kandi ko rwagiye runabishimirwa n’imiryango mpuzamahanga irimo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi.

Nyuma y’iki cyemezo kandi, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yatangaje ko azakora ibishoboka byose, kugira ngo uyu mugambo w’Igihugu cye n’u Rwanda ushyirwe mu Bikorwa, avuga ko hagiye kunyurwa izindi nzira zose zishoboka kugira ngo abo bimukira boherezwe mu Rwanda.

 

Uwo muri Guverinoma y’u Bwongereza yageze i Kigali

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, James Cleverly uje gushyira umukono ku masezerano avuguruye, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023.

Biteganyijwe ko nyuma yo kugera mu Rwanda, aza kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ubundi bagashyira umukono kuri aya masezerano.

Mu kwezi gushize, James Cleverly yari yanagiranye ibiganiro na Dr Biruta, baganira kuri aya masezerano mashya agomba gutuma umugambi w’Ibihugu byombi ushyirwa mu bikorwa.

Sky News ivuga ko James Cleverly yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, aho biteganyijwe ko abanza gusura Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

James Cleverly mbere yo kuza i Kigali, yavuze ko u Rwanda “rwita cyane ku burenganzira bw’impunzi” ku buryo ari amahitamo meza yo gukorana n’u Bwongereza muri uyu mugambi.

Yagize ati “Turabizi neza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye, kandi turi gukorana cyane mu rwego rwo gushyira gushyira mu bikorwa ubu bufatanye bwacu, mu rwego rwo guhagarika ababurira ubuzima mu bwato burohama mu nyanja, no kurengera ubuzima bwabo.”

Yakomeje anavuga ko ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga, avuga ko ubwo rwafataga icyemezo ruherutse gufata “rwari rubizi ko hashobora kuzabaho impinduka mu bihe biri imbere byatuma iyi gahunda igerwa, rero ni byo turi gukoranaho, kuri aya masezerano mashya mpuzamahanga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Related Posts

Eng.-The first challenges that immediately appeared in the recent education reforms in Rwanda

Eng.-The first challenges that immediately appeared in the recent education reforms in Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Some teachers, especially those teaching in primary schools in the lower grades, say that teaching two shifts (some in the...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Eng.-What caused the RDF drone accident?

by radiotv10
17/09/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) has announced that one of its small unmanned aircraft (a drone), which was being used...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

The first African hosting of the UCI Road World Championships in September 2025, will not be a mere sporting event...

IZIHERUKA

Eng.-The first challenges that immediately appeared in the recent education reforms in Rwanda
MU RWANDA

Eng.-The first challenges that immediately appeared in the recent education reforms in Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Eng.-What caused the RDF drone accident?

Eng.-What caused the RDF drone accident?

17/09/2025
Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The first challenges that immediately appeared in the recent education reforms in Rwanda

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.