Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza zikomeje gahunda igamije kurengera ubuzima bw’abimukira, aho zigiye gusinya andi masezerano anogejwe yo kubohereza mu Rwanda. Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, James Cleverly wamaze kugera mu Rwanda, yavuze ko iki Gihugu gitekanye bihagije.

Biteganyijwe ko aya masezerano ashyirwaho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, nyuma y’iminsi 20 Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutesheje agaciro uyu mugambi w’u Rwanda, aho rwavugaga ko atubahirije amategeko.

Mu mwanzuro w’uru Rukiko, rwavuze ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye gishobora kwakira abimukira, mu gihe baba bavuye mu Bwongereza, ngo kuko hari impungege ko bahita basubizwa mu Bihugu baje baturukamo.

Ni icyemezo cyubashywe na Guverinoma y’u Rwanda kuko cyafashwe n’Urwego rubifitiye ububasha, ariko yamagana ibyo rwavuzemo ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye ku mpunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yahise ishyira hanze itangazo kuri iki cyemezo ubwo cyari kikimara gutangazwa, yavuze ko bizwi ko u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere ku Isi bifata neza impunzi, kandi ko rwagiye runabishimirwa n’imiryango mpuzamahanga irimo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi.

Nyuma y’iki cyemezo kandi, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yatangaje ko azakora ibishoboka byose, kugira ngo uyu mugambo w’Igihugu cye n’u Rwanda ushyirwe mu Bikorwa, avuga ko hagiye kunyurwa izindi nzira zose zishoboka kugira ngo abo bimukira boherezwe mu Rwanda.

 

Uwo muri Guverinoma y’u Bwongereza yageze i Kigali

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, James Cleverly uje gushyira umukono ku masezerano avuguruye, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023.

Biteganyijwe ko nyuma yo kugera mu Rwanda, aza kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ubundi bagashyira umukono kuri aya masezerano.

Mu kwezi gushize, James Cleverly yari yanagiranye ibiganiro na Dr Biruta, baganira kuri aya masezerano mashya agomba gutuma umugambi w’Ibihugu byombi ushyirwa mu bikorwa.

Sky News ivuga ko James Cleverly yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, aho biteganyijwe ko abanza gusura Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

James Cleverly mbere yo kuza i Kigali, yavuze ko u Rwanda “rwita cyane ku burenganzira bw’impunzi” ku buryo ari amahitamo meza yo gukorana n’u Bwongereza muri uyu mugambi.

Yagize ati “Turabizi neza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye, kandi turi gukorana cyane mu rwego rwo gushyira gushyira mu bikorwa ubu bufatanye bwacu, mu rwego rwo guhagarika ababurira ubuzima mu bwato burohama mu nyanja, no kurengera ubuzima bwabo.”

Yakomeje anavuga ko ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga, avuga ko ubwo rwafataga icyemezo ruherutse gufata “rwari rubizi ko hashobora kuzabaho impinduka mu bihe biri imbere byatuma iyi gahunda igerwa, rero ni byo turi gukoranaho, kuri aya masezerano mashya mpuzamahanga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.