Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza zikomeje gahunda igamije kurengera ubuzima bw’abimukira, aho zigiye gusinya andi masezerano anogejwe yo kubohereza mu Rwanda. Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, James Cleverly wamaze kugera mu Rwanda, yavuze ko iki Gihugu gitekanye bihagije.

Biteganyijwe ko aya masezerano ashyirwaho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, nyuma y’iminsi 20 Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutesheje agaciro uyu mugambi w’u Rwanda, aho rwavugaga ko atubahirije amategeko.

Mu mwanzuro w’uru Rukiko, rwavuze ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye gishobora kwakira abimukira, mu gihe baba bavuye mu Bwongereza, ngo kuko hari impungege ko bahita basubizwa mu Bihugu baje baturukamo.

Ni icyemezo cyubashywe na Guverinoma y’u Rwanda kuko cyafashwe n’Urwego rubifitiye ububasha, ariko yamagana ibyo rwavuzemo ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye ku mpunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yahise ishyira hanze itangazo kuri iki cyemezo ubwo cyari kikimara gutangazwa, yavuze ko bizwi ko u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere ku Isi bifata neza impunzi, kandi ko rwagiye runabishimirwa n’imiryango mpuzamahanga irimo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi.

Nyuma y’iki cyemezo kandi, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yatangaje ko azakora ibishoboka byose, kugira ngo uyu mugambo w’Igihugu cye n’u Rwanda ushyirwe mu Bikorwa, avuga ko hagiye kunyurwa izindi nzira zose zishoboka kugira ngo abo bimukira boherezwe mu Rwanda.

 

Uwo muri Guverinoma y’u Bwongereza yageze i Kigali

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, James Cleverly uje gushyira umukono ku masezerano avuguruye, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023.

Biteganyijwe ko nyuma yo kugera mu Rwanda, aza kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ubundi bagashyira umukono kuri aya masezerano.

Mu kwezi gushize, James Cleverly yari yanagiranye ibiganiro na Dr Biruta, baganira kuri aya masezerano mashya agomba gutuma umugambi w’Ibihugu byombi ushyirwa mu bikorwa.

Sky News ivuga ko James Cleverly yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, aho biteganyijwe ko abanza gusura Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

James Cleverly mbere yo kuza i Kigali, yavuze ko u Rwanda “rwita cyane ku burenganzira bw’impunzi” ku buryo ari amahitamo meza yo gukorana n’u Bwongereza muri uyu mugambi.

Yagize ati “Turabizi neza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye, kandi turi gukorana cyane mu rwego rwo gushyira gushyira mu bikorwa ubu bufatanye bwacu, mu rwego rwo guhagarika ababurira ubuzima mu bwato burohama mu nyanja, no kurengera ubuzima bwabo.”

Yakomeje anavuga ko ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga, avuga ko ubwo rwafataga icyemezo ruherutse gufata “rwari rubizi ko hashobora kuzabaho impinduka mu bihe biri imbere byatuma iyi gahunda igerwa, rero ni byo turi gukoranaho, kuri aya masezerano mashya mpuzamahanga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 13 =

Previous Post

AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.