• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Stéphanie Mbombo Muamba wari umaze icyumweru kimwe ari Minisitiri w’Ibidukikije n’Iterambere rirambye ry’Ubukungu bubungabunga kirere muri Guverinoma ya DRC, yeguye kuri uyu mwanya, nyuma y’uko yari yanagize urugendo hanze y’Igihugu, runavugwaho kuba nyirabayazana.

Ubwegure bwa Stéphanie Mbombo, bwatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kamena 2024, ndetse Minisitiri w’Intebe wa Congo Kinshasa, Judith Suminwa akaba yabimenyesheje Perezida Félix Tshisekedi ko uyu mutegarugori atakiri mu nshingano.

Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa yamenyesheje Abaminisitiri ko Stéphanie Mbombo “atari umwe mu bagize Guverinoma uhereye uyu munsi.”

Nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe atangaje ibi, Stéphanie Mbombo Muamba na we yemeje amakuru ko yeguye ku nshingano ku mpamvu ze bwite.

Yagize ati “Nafashe icyemezo gikomeye cyo gutanga ubwegure bwanjye ku Mukuru w’Igihugu Félix Antoine Tshisekedi, kandi mushimira icyizere yari yangiriye. Kuri Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa, ndamushimira kuba yari yampisemo.”

Yakomeje avuga ko nubwo yeguye muri Guverinoma ariko ko azakomeza gukorera Igihugu cye akunda by’umwihariko n’ubundi mu rwego yari yahawemo inshingano ku bijyanye n’ubukungu bw’ikirere.

Stéphanie Mbombo Muamba, avuye muri Guverinoma yari amaze kwitabira Inama y’Abaminisitiri imwe, aho yari yayitangarije ko afite intego yo gushyira Igihugu cye cya Congo mu bukungu bushya bubungabunga ikirere kandi bidashingiye ku nkunga z’amahanga, ahubwo umutungo kamere w’Igihugu ukagira uruhare mu gukumira ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Amakuru avuga ko Stéphanie Mbombo Muamba yari yashyizwe muri izi nshingano asunitswe atabigizemo uruhare, ndetse bamwe mu bategetsi ba hafi ya Félix Tshisekedi, bakaba bari bamubwiye ko hakozwe amakosa akomeye.

Nanone kandi amakuru ahuza ibi byo kuba Stéphanie Mbombo yavuye muri Guverinoma ya Congo n’urugendo aherutse kugirira muri Congo-Brazzaville, aho yakiriwe na Perezida Denis Sassou Nguesso, aho yamubwiye ko yoherejwe n’Umukuru w’Igihugu kugira ngo baganire ku kigega cy’umushinga ubungabunga ibidukikije ndetse na Komisiyo ishinzwe ikibaya cya Congo.

Stéphanie Mbombo asanzwe ari Pereidante w’Ishyaka CRIC (Cercle des réformateurs intègres du Congo) riri mu mashyaka yishyize hamwe na UDPS ya Tshisekedi.

Stéphanie wari waizwe Intuma yihariye ya Perezida ku bijyanye n’Ubukungu bubungabunga ikirere kuva muri Gicurasi 2023 kugeza yinjiye muri Guverinoma, yari umwe mu bategarugori 17 bari bari muri Guverinoma ya Congo Kinshasa, igizwe n’Abaminisiyiri 54, akaba abaye uwa mbere weguye muri iyi Guverinoma.

Stephanie Mbombo yari aherutse kwinjira muri Guverinoma ya Congo Kinshasa
Yari aherutse kwakirwa na Perezida wa Congo-Brazzaville

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + seventeen =

Previous Post

Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

Next Post

M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.