Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Stéphanie Mbombo Muamba wari umaze icyumweru kimwe ari Minisitiri w’Ibidukikije n’Iterambere rirambye ry’Ubukungu bubungabunga kirere muri Guverinoma ya DRC, yeguye kuri uyu mwanya, nyuma y’uko yari yanagize urugendo hanze y’Igihugu, runavugwaho kuba nyirabayazana.

Ubwegure bwa Stéphanie Mbombo, bwatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kamena 2024, ndetse Minisitiri w’Intebe wa Congo Kinshasa, Judith Suminwa akaba yabimenyesheje Perezida Félix Tshisekedi ko uyu mutegarugori atakiri mu nshingano.

Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa yamenyesheje Abaminisitiri ko Stéphanie Mbombo “atari umwe mu bagize Guverinoma uhereye uyu munsi.”

Nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe atangaje ibi, Stéphanie Mbombo Muamba na we yemeje amakuru ko yeguye ku nshingano ku mpamvu ze bwite.

Yagize ati “Nafashe icyemezo gikomeye cyo gutanga ubwegure bwanjye ku Mukuru w’Igihugu Félix Antoine Tshisekedi, kandi mushimira icyizere yari yangiriye. Kuri Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa, ndamushimira kuba yari yampisemo.”

Yakomeje avuga ko nubwo yeguye muri Guverinoma ariko ko azakomeza gukorera Igihugu cye akunda by’umwihariko n’ubundi mu rwego yari yahawemo inshingano ku bijyanye n’ubukungu bw’ikirere.

Stéphanie Mbombo Muamba, avuye muri Guverinoma yari amaze kwitabira Inama y’Abaminisitiri imwe, aho yari yayitangarije ko afite intego yo gushyira Igihugu cye cya Congo mu bukungu bushya bubungabunga ikirere kandi bidashingiye ku nkunga z’amahanga, ahubwo umutungo kamere w’Igihugu ukagira uruhare mu gukumira ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Amakuru avuga ko Stéphanie Mbombo Muamba yari yashyizwe muri izi nshingano asunitswe atabigizemo uruhare, ndetse bamwe mu bategetsi ba hafi ya Félix Tshisekedi, bakaba bari bamubwiye ko hakozwe amakosa akomeye.

Nanone kandi amakuru ahuza ibi byo kuba Stéphanie Mbombo yavuye muri Guverinoma ya Congo n’urugendo aherutse kugirira muri Congo-Brazzaville, aho yakiriwe na Perezida Denis Sassou Nguesso, aho yamubwiye ko yoherejwe n’Umukuru w’Igihugu kugira ngo baganire ku kigega cy’umushinga ubungabunga ibidukikije ndetse na Komisiyo ishinzwe ikibaya cya Congo.

Stéphanie Mbombo asanzwe ari Pereidante w’Ishyaka CRIC (Cercle des réformateurs intègres du Congo) riri mu mashyaka yishyize hamwe na UDPS ya Tshisekedi.

Stéphanie wari waizwe Intuma yihariye ya Perezida ku bijyanye n’Ubukungu bubungabunga ikirere kuva muri Gicurasi 2023 kugeza yinjiye muri Guverinoma, yari umwe mu bategarugori 17 bari bari muri Guverinoma ya Congo Kinshasa, igizwe n’Abaminisiyiri 54, akaba abaye uwa mbere weguye muri iyi Guverinoma.

Stephanie Mbombo yari aherutse kwinjira muri Guverinoma ya Congo Kinshasa
Yari aherutse kwakirwa na Perezida wa Congo-Brazzaville

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + two =

Previous Post

Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

Next Post

M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.