Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Régis Uwayezu wabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, ubu wari Vice Chairman wa APR FC, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa wa Simba SC yo muri Tanzania.

Uwayezu yahawe izi nshingano asimbuye Imani Kajula weguye mu mezi ashize, aho ubuyobozi bwa Simba Sport Club yo muri Tanzania bwabitangaje mu itangaro bwashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024.

Nanone kandi Simba yatangaje ibi inasezerera Imani Kajula wari Umuyobozi Mukuru wa Simba kuva muri Mutarama 2023, na we wari wagiyeho asimbuye Barbara Gonzalez na we wari wareguye kuri izi nshingano.

Mu itangazo riha ikaze Umunyarwanda Uwayezu Regis, ubuyobozi bwa Simba bwatangaje ko afite ubumenyi buhambaye mu mupira w’amaguru, dore ko anafite impamyabushobozi yo gutoza itangwa na UEFA Ishyirahamye ry’umupira wa maguru i Burayi.

Simba kandi yavuze ko Uwayezu yakoze amahugurwa menshi atandukanye y’icungamutungo mu mupira w’amaguru, kandi ko yigeze kuha Umunyamabanga mu masomo yigisha umupira w’abakiri bato muri Morroco.

Simba yakomeje ivuga ko Uwayezu Regis afite ubunararibonye mu mupira w’amaguru, mu miyoborere yawo ndetse no mu icungamutungo ryawo, bizeza abafana ko azafasha Simba Sport Club kuzamuka ku rwego batigeze bajyaho ataraza.

Biteganyijwe ko Uwayezu Regis azatangira akazi ku wa kane tariki 01 Kanama 2024 ubwo Imana azaba asoje imirimo ye muri Simba ikomeje kwitegura amarushanwa mpuzamahanga ya CAF Confederation Cup ndetse na Simba Day izaba ku wa gatandatu aho iyi kipe yo muri Tanzania izanakina umukino wa gicuti na APR FC.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 1 =

Previous Post

Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye

Next Post

Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Related Posts

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.