Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Régis Uwayezu wabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, ubu wari Vice Chairman wa APR FC, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa wa Simba SC yo muri Tanzania.

Uwayezu yahawe izi nshingano asimbuye Imani Kajula weguye mu mezi ashize, aho ubuyobozi bwa Simba Sport Club yo muri Tanzania bwabitangaje mu itangaro bwashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024.

Nanone kandi Simba yatangaje ibi inasezerera Imani Kajula wari Umuyobozi Mukuru wa Simba kuva muri Mutarama 2023, na we wari wagiyeho asimbuye Barbara Gonzalez na we wari wareguye kuri izi nshingano.

Mu itangazo riha ikaze Umunyarwanda Uwayezu Regis, ubuyobozi bwa Simba bwatangaje ko afite ubumenyi buhambaye mu mupira w’amaguru, dore ko anafite impamyabushobozi yo gutoza itangwa na UEFA Ishyirahamye ry’umupira wa maguru i Burayi.

Simba kandi yavuze ko Uwayezu yakoze amahugurwa menshi atandukanye y’icungamutungo mu mupira w’amaguru, kandi ko yigeze kuha Umunyamabanga mu masomo yigisha umupira w’abakiri bato muri Morroco.

Simba yakomeje ivuga ko Uwayezu Regis afite ubunararibonye mu mupira w’amaguru, mu miyoborere yawo ndetse no mu icungamutungo ryawo, bizeza abafana ko azafasha Simba Sport Club kuzamuka ku rwego batigeze bajyaho ataraza.

Biteganyijwe ko Uwayezu Regis azatangira akazi ku wa kane tariki 01 Kanama 2024 ubwo Imana azaba asoje imirimo ye muri Simba ikomeje kwitegura amarushanwa mpuzamahanga ya CAF Confederation Cup ndetse na Simba Day izaba ku wa gatandatu aho iyi kipe yo muri Tanzania izanakina umukino wa gicuti na APR FC.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eleven =

Previous Post

Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye

Next Post

Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.