• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Régis Uwayezu wabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, ubu wari Vice Chairman wa APR FC, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa wa Simba SC yo muri Tanzania.

Uwayezu yahawe izi nshingano asimbuye Imani Kajula weguye mu mezi ashize, aho ubuyobozi bwa Simba Sport Club yo muri Tanzania bwabitangaje mu itangaro bwashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024.

Nanone kandi Simba yatangaje ibi inasezerera Imani Kajula wari Umuyobozi Mukuru wa Simba kuva muri Mutarama 2023, na we wari wagiyeho asimbuye Barbara Gonzalez na we wari wareguye kuri izi nshingano.

Mu itangazo riha ikaze Umunyarwanda Uwayezu Regis, ubuyobozi bwa Simba bwatangaje ko afite ubumenyi buhambaye mu mupira w’amaguru, dore ko anafite impamyabushobozi yo gutoza itangwa na UEFA Ishyirahamye ry’umupira wa maguru i Burayi.

Simba kandi yavuze ko Uwayezu yakoze amahugurwa menshi atandukanye y’icungamutungo mu mupira w’amaguru, kandi ko yigeze kuha Umunyamabanga mu masomo yigisha umupira w’abakiri bato muri Morroco.

Simba yakomeje ivuga ko Uwayezu Regis afite ubunararibonye mu mupira w’amaguru, mu miyoborere yawo ndetse no mu icungamutungo ryawo, bizeza abafana ko azafasha Simba Sport Club kuzamuka ku rwego batigeze bajyaho ataraza.

Biteganyijwe ko Uwayezu Regis azatangira akazi ku wa kane tariki 01 Kanama 2024 ubwo Imana azaba asoje imirimo ye muri Simba ikomeje kwitegura amarushanwa mpuzamahanga ya CAF Confederation Cup ndetse na Simba Day izaba ku wa gatandatu aho iyi kipe yo muri Tanzania izanakina umukino wa gicuti na APR FC.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 1 =

Previous Post

Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye

Next Post

Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.