Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yagaragaye asohorwa nabi n’abapolisi muri Sena

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yagaragaye asohorwa nabi n’abapolisi muri Sena
Share on FacebookShare on Twitter

Brian McGinnis wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasohowe n’abapolisi ku mbaraga mu Nteko Ishinga Amategeko, kubera kugaragaza ko atemeranya no kuba America yarashoye intambara kuri Iran.

Uyu wahoze ari Umusirikare ubu wifuza kuba Umusenateri mu ishyaka rya Green Party, yasohowe shishi itabona mu Ngoro y’Inteko kuri uyu wa Gatatu.

Mu magambo yamagana kuba America yarishoye muri iyi ntambara, Brian McGinnis yumvikanye mu ijwi rirangurura ko “Nta muntu wifuza kurwanira Isrel.”

Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambara, agaragaza McGinnis yahagurutse mu Nteko atangira gusakuza mu gihe Inteko ya Sena yari iteranye, ubundi abapolisi bahita bamufata bagerageza kumukura mu cyumba.

McGinnis yumvikanaga nk’uwigaragambya yamagana iyi ntambara igisirikare cya Amerika cyashoye muri Iran, avuga ati “Amerika ntiyari ikwiye kohereza abahungu n’abakobwa bayo ku rugamba rwa Israel.”

Abapolisi bo mu nteko bahise bafata mu mashati McGinnis, bamusohora ku mbaraga kuko na we nk’umusirikare yabarwanyaga anafata ku rugi.

Senateri wa Montana Tim Sheehy, umwe mu bagize akanama k’ingabo gashinzwe imirwano kahoze ari Navy SEAL, yahise ajya gufasha aba bapolisi gusohora McGinnis, gusa akaba yaje gukomereka ku kaboko yari yashyize mu rugi.

Polisi ya Capitol, mu itangazo yashyize hanze, yavuze ko McGinnis “yishyize ukuboko kwe mu muryango kugira ngo arwanye abapolisi bacu maze asubire mu cyumba cy’iburanisha ku ngufu.” kandi ivuga ko yavuwe ibikomere bye.

Sheehy yavuze mu itangazo ku mbuga nkoranyambaga ko arimo kugerageza guhosha ikibazo. Yagize ati “Uyu mugabo yaje muri Capitol ashaka guhangana, kandi yabikoze, ​​nizeye ko azabona ubufasha akeneye nta yandi makimbirane.”

Amashusho yashyizwe kuri konti ya X yitwa Brian McGinnis, igaragaza uwo mugabo ahagaze hanze ya Capitol mu gitondo cyo ku wa Gatatu mbere yuko Inteko iterana, aho iyo video iherekejwe n’ubutumwa buvuga ko ari “umukandida w’ishyaka riharanira kurengera ibidukikije (Green Party) muri Sena ya America.”

Muri ayo mashusho, kandi uyu mugabo yumvikana ko atavuga rumwe n’ubutegetsi, nk’aho agira “Umuntu wese wumva yihebye kandi yaragambaniwe na Guverinoma yacu, ntabwo uri wenyine.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 4 =

Previous Post

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Related Posts

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

by radiotv10
04/03/2026
0

Umubare w’abakomeje kugwa mu ntambara ya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri Iran ukomeje kuzamuka. Kugeza kuri uyu...

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

by radiotv10
04/03/2026
0

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri...

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

by radiotv10
04/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yanenze Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer inshuro eshatu mu masaha 24, kubera...

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

by radiotv10
04/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryungutse abasirikare 1 518 bo mu mutwe udasanzwe, binjiye mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri...

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

by radiotv10
03/03/2026
0

Hashyizwe hanze amafoto yafatiwe mu kirere agaragaza iyangirika rikomeye ry’uruganda rutunganya ibikomoka kuri Peteroli ruherereye mu mujyi wa Ras Tanura...

IZIHERUKA

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yagaragaye asohorwa nabi n’abapolisi muri Sena
AMAHANGA

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yagaragaye asohorwa nabi n’abapolisi muri Sena

by radiotv10
05/03/2026
0

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

05/03/2026
Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

05/03/2026
Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

04/03/2026
BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

04/03/2026
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

04/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yagaragaye asohorwa nabi n’abapolisi muri Sena

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.