• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yanenze Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer inshuro eshatu mu masaha 24, kubera kwangira America gukoresha ibirindiro byo ku butaka bw’Igihugu cye mu bitero iri kugaba kuri Iran.

Trump, mu butumwa bwe, yibasiye byihariye Keir Starmer kubera kwangira America gukoresha ibirindiro ku butaka bw’u Bwongereza muri biriya bitero.

Perezida wa America yavuze ko atishimiye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, nubwo yaje kwemera ko America ishobora gukoresha Diego Garcia mu bitero bya misile kuri Iran.

Yumvikanye anenga uyu ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza, inshuro eshatu mu gihe cy’amasaha 24, avuga kandi ko ababajwe no kuba inshuti zo mu burengerazuba bw’Isi zidashyigikiye mu buryo bweruye ibi bitero.

Ku wa Mbere, Trump yabwiye ikinyamakuru The Sun ko “bigaragara ko umubano utari uko wari umeze” bitewe n’icyemezo cy’u Bwongereza bwabanje guhakanira America.

Nanone kandi mu kiganiro yagiranye na Telegraph, Perezida wa US yavuze ko Starmer yatinze cyane kugira ngo yemerere America gukoresha ibirindiro by’u Bwongereza.

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Starmer yari yasimwe mbere ko yarushijeho guteza imbere umubano na Perezida Trump, gura ku wa mbere ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko, yagaragaje gushidikanya ku bikorwa bya America byo kugaba ibitero i Tehran, agaragaza ko kiremewe n’amategeko.

Starmer yavuze ko Igihugu cye cy’u Bwongereza butemera “impinduka z’ubutegetsi zikorwa hifashishijwe ibitero byo mu kirere” kandi yihagararaho ku cyemezo cyo kutemerera America gukoresha ibirindiro by’Igihugu cye mu kigaba biriya bitero.

Gusa yavuze ko u Bwongereza buzemerera America igakoresha Diego Garcia na RAF Fairford mu bikorwa byo kwirwanaho kugira ngo barinde abaturage b’u Bwongereza n’ingabo, ndetse n’Ibihugu bifitanye isano mu Burasirazuba bwo Hagati byibasiwe n’ibitero byo kwihorera biriho bikorwa na Irani nyuma y’ibitero bya America na Israel.

Starmer yagize ati “Perezida Trump yagaragaje ko atemeranya n’umwanzuro twafashe wo kutivanga mu bitero bya mbere, ariko ni inshingano zanjye gufata icyemezo mu nyungu z’Igihugu cy’u Bwongereza. Ibyo nibyo nakoze, kandi ndabishyigikiye.”

Kugeza ubu Ibihugu by’i Burayi, ntibiragaragaza guhuza ku bitero biriho bikorwa na Leta Zunze Ubumwe za America kuri Iran.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Trump yateye ubwoba ko azahagarika ubucuruzi bwose na Espagne nyuma yuko iki Gihugu na cyo gihakaniye America gukoresha ibirindiro ku butaka bwayo kugira ngo igabe ibitero kuri Iran.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 10 =

Previous Post

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Next Post

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.