Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahitanye abantu barenga 100.

Iyi mpanuka yabaye kuri wa Kabiri tariki 03 Werurwe 2026, mu gace ka Kasasa gacukurwamo amabuye y’agaciro mu gace ka Rubaya.

Amakuru aturuka ahantu hatandukanye avuga ko iyi mpanuka yahitanye abantu barenga ijana, biganjemo abacukuzi b’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa coltan.

Abacuruzi b’ibicuruzwa biciriritse bashinze amaduka hafi y’ako gace kugira ngo bagurishe ibiribwa n’ibindi bicuruzwa ku bacukuzi, na bo bari mu baguye muri iyi mpanuka.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’ukwezi kumwe ku ya 28 Mutarama 2026, na bwo habaye inkangu yahitanye abantu barenga 400, utabariyemo abataraboneka.

Nubwo hari habaye iyi mpanuka, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri aka gace bwarakomeje, bitewe n’ibibazo by’ubukungu no kubura andi mahitamo ku rubyiruko rwinshi rwo muri aka gace.

Umucukuzi w’amabuye y’agaciro warokotse, yagize ati “Twari benshi muri turi mu rwobo. Ibitaka byatangiye kugwa buhoro buhoro. Bamwe baratakaga bavuga ko tugomba kuvamo, ariko byari byatinze cyane. Mu masegonda make, byose byaridutse. Nabashije gufata igiti. Barumuna banjye babiri bagumye hasi… Sinzi niba imirambo yabo izigera iboneka.”

Undi mucukuzi w’amabuye y’agaciro, yavuze ko n’uburyo bakoramo, bishyira ubuzima bwabo mu kaga. Ati “Turapfa buri munsi nta burinzi, nta ngofero, nta ba injeniyeri bo kugenzura ko ubutaka buhagaze neza. Tuzi ko ari akaga, ariko nta bundi buryo dufite bwo kubaho. Nyuma y’amakuba yabaye muri Mutarama, twararize, hanyuma turagaruka. Inzara irakomeye kuruta ubwoba.”

Agace gacukura amabuye y’agaciro ka Rubaya, gakungahaye ku mabuye yo mu bwoko bunyuranye burimo coltan, cassiterite, zahabu, na tourmaline, gakomeje kugenzurwa kamaze igihe kagenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 ryanifatanyije n’imiryango y’ababuze ababo mu mpanuka iherutse kuba, ndetse rinabaha bumwe mu butabazi bw’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + seven =

Previous Post

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Next Post

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.