Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye muri Guverinoma agiye kugaragara mu kiganiro nkarishyabitekerezo kizaca kuri YouTube

radiotv10by radiotv10
24/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwabaye muri Guverinoma agiye kugaragara mu kiganiro nkarishyabitekerezo kizaca kuri YouTube
Share on FacebookShare on Twitter

Jeanine Munyeshuli wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, yararikiye abantu ikiganiro (Podcast) agiye kujya atambutsa kuri YouTube, kigamije gufasha abantu kwagura imitekerereze no gusangizanya ibitekerezo.

Iki kiganiro Jeanine Munyeshuli yahaye izina rya ‘Kitchen Summits’, yamaze gushyira hanze agace ko kurakirikira abantu kuzagikurikira.

Muri aka gace k’ubutumwa burarikira abantu kuzakurikira iki kiganiro, Munyeshuri yavuze ko kigamije kungurana ibitetekerezo hagati y’abantu, kwagura imitekerereze, ndetse no kwagura imikorere mu Isi yamaze kuba umudugudu.

Muri ubutumwa, Munyeshuli agaragaza ko mu buzima bwa muntu ahora yiga inyigisho ashobora gukura mu biganiro agirana n’abantu cyangwa mu byo abonera ahirengeye.

Avuga ko ibyo yagiye yigira mu buzima, azabisangiza abantu muri iki kiganiro cye ‘Kitchen Summits’ kizajya gitambuka n’ubundi kuri YouTube Channel yitiriye iki kiganiro.

Ati “Iyo ndi kumwe n’abantu tuganira ku ngingo zinyuranye, tugenda twunguka imyumvire mishya n’imitekerereze yagutse hamwe n’abantu nkunda kandi nishimira, nta ngingo duheeza ku meza y’ibiganiro. Yaba abo dusangira ikawa cyangwa ikindi icyo ari cyo cyose, buri kimwe kizaganirwago muri Kitchen Summits.

Nkunda gusangiza abantu ibiri kuba muri ubu buzima, uko inkuru z’abantu zagura ubuhanga bw’abantu, uko zigenda ziduhuza, n’uburyo zigenda zituma buri muntu yigira ku wundi. Nta nkuru n’imwe yaba nto ku buryo itagira icyo imarira umuntu.”

Jeanine Munyeshuli amaze umwaka yirukanywe muri Guverinoma y’u Rwanda, yakuwemo mu ntangiro za Kamena 2024, aho itangazo rimukura mu nshingano zo kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, ryasohotse tariki 03 Kamena 2024, ryavugaga ko Minisitiri w’Intebe “Yirukanye mu nshingano” uyu wari umaze umwaka muri Guverinoma.

Jeanine Munyeshuli wari winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda muri Kanama 2023, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubukungu n’ibarurishamibare yakuye mu Busuwisi.

Jeanine Munyeshuli yari yinjiye muri Guverinoma muri Kanama 2023
Asanzwe akunda gusoma ibitabo

Yararikiye abantu kuzakurikira Podcast ye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 2 =

Previous Post

Icyo Perezida Trump avuga ku gitero cya Iran cyari kigamije kwihorera kuri America

Next Post

Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.