Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Perezida wa America ategerejwe mu Rwanda mu Kwibuka30

radiotv10by radiotv10
04/04/2024
in MU RWANDA
0
Uwabaye Perezida wa America ategerejwe mu Rwanda mu Kwibuka30
Share on FacebookShare on Twitter

Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, azaba ayoboye intumwa za Joe Biden mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byatangajwe na Perezida Joe Biden kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, ko Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wa 42 azaba ayoboye intumwa zizamuhagararira muri uyu muhango wo gutangiza Icyumweru cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bill Clinton wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America kuva mu 1993 kugeza mu 2001, ni we wari ku butegetsi ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu Rwanda mu 1994.

Itangazo rya Perezida Joe Biden, ritangaza akandi ko muri uyu muhango azahagararirwamo n’intumwa zizaba ziyobowe na Clinton, ziza zirimo kandi Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda, Eric Kneedler.

Izi ntumwa kandi zizaba zirimo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije mu Biro bishinzwe Afurika, Mary Catherine Phee, hakaba umukozi mu Kigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere USAID mu biro bishinzwe Afurika, Monde Muyangwa.

Izi ntumwa kandi zizaba zirimo umukozi mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Amerika ushinzwe ibijyanye n’amategeko mu kanama gashinzwe Umutekano w’igihugu, Casey Redmon.

Izi ntumwa zagenwe mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo u Rwanda n’Isi yose binjire mu cyumweru cyahariwe kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kizatangizwa tariki 07 Mata 2024.

Bill Clinton uzaba ayoboye izi ntumwa, ni we Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wenyine, wagendereye u Rwanda akiri ku butegetsi, aho yarusuye muri Werurwe 1998.

Muri uru ruzinduko rwa Clinton rwabaye nyuma y’imyaka ine mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, mu ijambo rye; yavuze ko habayeho uburangare ku muryango mpuzamahanga, kuko utagize icyo ukora ku byabereye mu Rwanda byakoranywe ubugome ndengakamere.

Icyo gihe yavuze ko umuryango mpuzamahanga utari ukwiye kwemera ko ibyabaye mu Rwanda byari kuba, ndetse ko watinze kwemera ko ibyabaye ari Jenoside.

Icyo igihe yagize ati “Ntidushobora guhindura ibyamaze gutambuka, ariko nizera ko dushobora gukoresha imbaraga zishoboka tukubaka ahazaza heza.”

Bill Clinton wongeye gusura u Rwanda mwaka wa 2013, icyo gihe yatunguwe no gusanga u Rwanda rwarateye imbere mu buryo bwihuse, aboneraho gushimira Perezida Paul Kagame wagize uruhare rukomeye mu kongera kubaka iki Gihugu.

Muri 2013 ubwo yongeraga gusura u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Umushinga w’itegeko rigenga Impunzi, abayobozi bashya barimo 16 mu kigo kimwe-Ibyemejwe n’Inama y’Abaminisitiri

Next Post

Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.