Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Perezida wa America ategerejwe mu Rwanda mu Kwibuka30

radiotv10by radiotv10
04/04/2024
in MU RWANDA
0
Uwabaye Perezida wa America ategerejwe mu Rwanda mu Kwibuka30
Share on FacebookShare on Twitter

Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, azaba ayoboye intumwa za Joe Biden mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byatangajwe na Perezida Joe Biden kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, ko Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wa 42 azaba ayoboye intumwa zizamuhagararira muri uyu muhango wo gutangiza Icyumweru cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bill Clinton wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America kuva mu 1993 kugeza mu 2001, ni we wari ku butegetsi ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu Rwanda mu 1994.

Itangazo rya Perezida Joe Biden, ritangaza akandi ko muri uyu muhango azahagararirwamo n’intumwa zizaba ziyobowe na Clinton, ziza zirimo kandi Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda, Eric Kneedler.

Izi ntumwa kandi zizaba zirimo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije mu Biro bishinzwe Afurika, Mary Catherine Phee, hakaba umukozi mu Kigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere USAID mu biro bishinzwe Afurika, Monde Muyangwa.

Izi ntumwa kandi zizaba zirimo umukozi mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Amerika ushinzwe ibijyanye n’amategeko mu kanama gashinzwe Umutekano w’igihugu, Casey Redmon.

Izi ntumwa zagenwe mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo u Rwanda n’Isi yose binjire mu cyumweru cyahariwe kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kizatangizwa tariki 07 Mata 2024.

Bill Clinton uzaba ayoboye izi ntumwa, ni we Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wenyine, wagendereye u Rwanda akiri ku butegetsi, aho yarusuye muri Werurwe 1998.

Muri uru ruzinduko rwa Clinton rwabaye nyuma y’imyaka ine mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, mu ijambo rye; yavuze ko habayeho uburangare ku muryango mpuzamahanga, kuko utagize icyo ukora ku byabereye mu Rwanda byakoranywe ubugome ndengakamere.

Icyo gihe yavuze ko umuryango mpuzamahanga utari ukwiye kwemera ko ibyabaye mu Rwanda byari kuba, ndetse ko watinze kwemera ko ibyabaye ari Jenoside.

Icyo igihe yagize ati “Ntidushobora guhindura ibyamaze gutambuka, ariko nizera ko dushobora gukoresha imbaraga zishoboka tukubaka ahazaza heza.”

Bill Clinton wongeye gusura u Rwanda mwaka wa 2013, icyo gihe yatunguwe no gusanga u Rwanda rwarateye imbere mu buryo bwihuse, aboneraho gushimira Perezida Paul Kagame wagize uruhare rukomeye mu kongera kubaka iki Gihugu.

Muri 2013 ubwo yongeraga gusura u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 11 =

Previous Post

Umushinga w’itegeko rigenga Impunzi, abayobozi bashya barimo 16 mu kigo kimwe-Ibyemejwe n’Inama y’Abaminisitiri

Next Post

Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Money is often a sensitive topic, but it is also one of the most important factors that shape a person's...

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.