Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Perezida wa America ategerejwe mu Rwanda mu Kwibuka30

radiotv10by radiotv10
04/04/2024
in MU RWANDA
0
Uwabaye Perezida wa America ategerejwe mu Rwanda mu Kwibuka30
Share on FacebookShare on Twitter

Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, azaba ayoboye intumwa za Joe Biden mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byatangajwe na Perezida Joe Biden kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, ko Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wa 42 azaba ayoboye intumwa zizamuhagararira muri uyu muhango wo gutangiza Icyumweru cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bill Clinton wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America kuva mu 1993 kugeza mu 2001, ni we wari ku butegetsi ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu Rwanda mu 1994.

Itangazo rya Perezida Joe Biden, ritangaza akandi ko muri uyu muhango azahagararirwamo n’intumwa zizaba ziyobowe na Clinton, ziza zirimo kandi Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda, Eric Kneedler.

Izi ntumwa kandi zizaba zirimo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije mu Biro bishinzwe Afurika, Mary Catherine Phee, hakaba umukozi mu Kigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere USAID mu biro bishinzwe Afurika, Monde Muyangwa.

Izi ntumwa kandi zizaba zirimo umukozi mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Amerika ushinzwe ibijyanye n’amategeko mu kanama gashinzwe Umutekano w’igihugu, Casey Redmon.

Izi ntumwa zagenwe mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo u Rwanda n’Isi yose binjire mu cyumweru cyahariwe kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kizatangizwa tariki 07 Mata 2024.

Bill Clinton uzaba ayoboye izi ntumwa, ni we Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wenyine, wagendereye u Rwanda akiri ku butegetsi, aho yarusuye muri Werurwe 1998.

Muri uru ruzinduko rwa Clinton rwabaye nyuma y’imyaka ine mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, mu ijambo rye; yavuze ko habayeho uburangare ku muryango mpuzamahanga, kuko utagize icyo ukora ku byabereye mu Rwanda byakoranywe ubugome ndengakamere.

Icyo gihe yavuze ko umuryango mpuzamahanga utari ukwiye kwemera ko ibyabaye mu Rwanda byari kuba, ndetse ko watinze kwemera ko ibyabaye ari Jenoside.

Icyo igihe yagize ati “Ntidushobora guhindura ibyamaze gutambuka, ariko nizera ko dushobora gukoresha imbaraga zishoboka tukubaka ahazaza heza.”

Bill Clinton wongeye gusura u Rwanda mwaka wa 2013, icyo gihe yatunguwe no gusanga u Rwanda rwarateye imbere mu buryo bwihuse, aboneraho gushimira Perezida Paul Kagame wagize uruhare rukomeye mu kongera kubaka iki Gihugu.

Muri 2013 ubwo yongeraga gusura u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 3 =

Previous Post

Umushinga w’itegeko rigenga Impunzi, abayobozi bashya barimo 16 mu kigo kimwe-Ibyemejwe n’Inama y’Abaminisitiri

Next Post

Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Kapiteni w’ikipe yo mu Rwanda iherutse kumuhagarika bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.