Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabwiye Perezida ko yariganyijwe inzu ubu ukekwaho icyaha yafatiwe icyemezo n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
1
Uwabwiye Perezida ko yariganyijwe inzu ubu ukekwaho icyaha yafatiwe icyemezo n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Muhizi Anatole uherutse kugeza ikibazo kuri Perezida Paul Kagame ko yariganyijwe umutungo na BNR, ubu akaba akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Ubwo Perezida Paul Kagame yagiraraga uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, Muhizi Anatole yamugejejeho ikibazo, avuga ko yaguze inzu n’uwari umukozi wa Banki nkuru y’Igihugu akaza kuyiba, ubundi iyo nzu igafatirwa n’iyi Banki.

Uyu muturage wavugaga ko iki kibazo nubundi yakigejeje kuri Perezida Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Musanze muri 2015 ndetse agasaba abayobozi kukimukemurira, ariko ko bagiye bamurerega.

Tariki 27 Kanama 2022, ubwo uyu muturage aheruka kubaza iki kibazo Perezida Kagame mu Karere ka Nyamasheke, Umukuru w’u Rwanda yasabye ko ikibazo cy’uyu muturage gikemurwa bitarenze iminsi itatu.

Gusa nyuma y’iminsi micye, haje kumvikana inkuru ko uyu muturage yatawe muri yombi nyuma yuko inzego zitangiye kwinjira muri iki kibazo zigasanga ahubwo ari we uri mu makosa kuko yari yarigometse akanga kubahiriza icyemezo cy’Urukiko kimusaba kuva muri iyo nzu aburana ndetse akaba anakurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu muturage ubu uregwa hamwe n’abandi bantu batatu, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 22 Nzeri, Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge rwafashe icyemezo ku ifungwa ry’agateganyo, rwemeza ko babiri muri bo bafungwa iminsi 30.

Abafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, ni Muhizi Anatole na Nibigira Alphonsine mu gihe Rutagengwa Jean Leon we yarekuwe by’agateganyo.

Urukiko rwasanze hari impamvu zikomeye zituma aba bombi bakekwaho gukora icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano bahuriyeho.

Muri uru rubanza rw’ifunga ry’agateganyo, Muhizi Anatole yari yunganiwe na Me Nzabihimana Jean Claude, Nibigira Alphonsine yunganiwe na Me Uzamukunda Sarah naho Rutagengwa Jean Leon yunganirwa na Me Bayisabye Ernest.

Aba bose uko ari batatu bakurikiranyweho icyaha kimwe cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, yakozwe igamije gutambamira icyemezo cyo guteza cyamunara iyi nzu.

Muhizi Anatole yaguze inzu na Rutagengwa Jean Leon usanzwe ari umugabo wa Nibigira Alphonsine ariko uwaguze aza gukoresha icyemezo kigaragaza ko uyu Nibigira ari ingaragu atasezeranye na Rutagengwa mu gihe ngo basezeraniye mu Murenge wa Nyarugenge.

Iyi nyandiko yari igamije gutesha agaciro cyamunara yakozwe n’Umuhesha w’inkiko witwa Me Habinshuti Jean Desire, y’inzu iri mu kibanza gifite nimero ya UPI: 2/08/12/05/4669, kuko yagaragazaga ko nyiri uyu mutungo atasezeranye n’umugore we mu gihe iriya nzu yagurishijwe hagendewe ku isezerano rye.

Nibigira usanzwe ari umugore wa Rutagendwa [waguze inzu na Muhizi] yabwiye Urukiko ko atari gutinyuka gukoresha iyo nyandiko nyamara abizi neza ko yasezeranye n’umugabo we.

Yavuze ko ahubwo akeka ko iyi nyandiko yakoreshejwe na Muhizi akoresheje imyirondoro ye ndetse ko amafaranga ibihumbi 200 Frw yishyuwe Umunyamategeko witwa Me Katisiga Emile wanditse kiriya cyemezo, yatanzwe na Muhizi mu gihe andi ibihumbi 300 Frw yayamuhaye mu ntoki.

Nibigira uvuga ko nta nyungu n’imwe yari kugirira mu gukoresha iyi nyandiko mpimbano, yavuze kandi ko amasezerano ya Muhizi na Me Katisiga Emile yo gukora iki cyemezo, atigeze ayasinyaho.

Rutagengwa Jean Leon we yari afunzwe kuko ari umugabo wa Nibigira, aho byakekwaga ko ari ikitso muri ibi iki cyaha gikekwa ku mugore we na Muhizi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mukeshimana Marie Rose says:
    3 years ago

    Bihuriyehe no kuba Muhizi yaraguze inzu agakora mitasiyo imbere y aNoteri, yarangiza agahuguzwa na BNR?
    Ese yayiguze n’utari nyirayo? Abantu bararengana rwose.
    Kuba abo batarasezeranye bihurira he n’ubugure? Yayiguze yanditse Kuri nde?

    Mujye musobanura neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Hafashwe icyemezo cyo gutuma abanyeshuri basubira ku mashuri batabangamirwa n’Umuganda

Next Post

Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23

Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.