Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabwiye Perezida ko yariganyijwe inzu ubu ukekwaho icyaha yafatiwe icyemezo n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
1
Uwabwiye Perezida ko yariganyijwe inzu ubu ukekwaho icyaha yafatiwe icyemezo n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Muhizi Anatole uherutse kugeza ikibazo kuri Perezida Paul Kagame ko yariganyijwe umutungo na BNR, ubu akaba akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Ubwo Perezida Paul Kagame yagiraraga uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, Muhizi Anatole yamugejejeho ikibazo, avuga ko yaguze inzu n’uwari umukozi wa Banki nkuru y’Igihugu akaza kuyiba, ubundi iyo nzu igafatirwa n’iyi Banki.

Uyu muturage wavugaga ko iki kibazo nubundi yakigejeje kuri Perezida Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Musanze muri 2015 ndetse agasaba abayobozi kukimukemurira, ariko ko bagiye bamurerega.

Tariki 27 Kanama 2022, ubwo uyu muturage aheruka kubaza iki kibazo Perezida Kagame mu Karere ka Nyamasheke, Umukuru w’u Rwanda yasabye ko ikibazo cy’uyu muturage gikemurwa bitarenze iminsi itatu.

Gusa nyuma y’iminsi micye, haje kumvikana inkuru ko uyu muturage yatawe muri yombi nyuma yuko inzego zitangiye kwinjira muri iki kibazo zigasanga ahubwo ari we uri mu makosa kuko yari yarigometse akanga kubahiriza icyemezo cy’Urukiko kimusaba kuva muri iyo nzu aburana ndetse akaba anakurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu muturage ubu uregwa hamwe n’abandi bantu batatu, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 22 Nzeri, Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge rwafashe icyemezo ku ifungwa ry’agateganyo, rwemeza ko babiri muri bo bafungwa iminsi 30.

Abafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, ni Muhizi Anatole na Nibigira Alphonsine mu gihe Rutagengwa Jean Leon we yarekuwe by’agateganyo.

Urukiko rwasanze hari impamvu zikomeye zituma aba bombi bakekwaho gukora icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano bahuriyeho.

Muri uru rubanza rw’ifunga ry’agateganyo, Muhizi Anatole yari yunganiwe na Me Nzabihimana Jean Claude, Nibigira Alphonsine yunganiwe na Me Uzamukunda Sarah naho Rutagengwa Jean Leon yunganirwa na Me Bayisabye Ernest.

Aba bose uko ari batatu bakurikiranyweho icyaha kimwe cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, yakozwe igamije gutambamira icyemezo cyo guteza cyamunara iyi nzu.

Muhizi Anatole yaguze inzu na Rutagengwa Jean Leon usanzwe ari umugabo wa Nibigira Alphonsine ariko uwaguze aza gukoresha icyemezo kigaragaza ko uyu Nibigira ari ingaragu atasezeranye na Rutagengwa mu gihe ngo basezeraniye mu Murenge wa Nyarugenge.

Iyi nyandiko yari igamije gutesha agaciro cyamunara yakozwe n’Umuhesha w’inkiko witwa Me Habinshuti Jean Desire, y’inzu iri mu kibanza gifite nimero ya UPI: 2/08/12/05/4669, kuko yagaragazaga ko nyiri uyu mutungo atasezeranye n’umugore we mu gihe iriya nzu yagurishijwe hagendewe ku isezerano rye.

Nibigira usanzwe ari umugore wa Rutagendwa [waguze inzu na Muhizi] yabwiye Urukiko ko atari gutinyuka gukoresha iyo nyandiko nyamara abizi neza ko yasezeranye n’umugabo we.

Yavuze ko ahubwo akeka ko iyi nyandiko yakoreshejwe na Muhizi akoresheje imyirondoro ye ndetse ko amafaranga ibihumbi 200 Frw yishyuwe Umunyamategeko witwa Me Katisiga Emile wanditse kiriya cyemezo, yatanzwe na Muhizi mu gihe andi ibihumbi 300 Frw yayamuhaye mu ntoki.

Nibigira uvuga ko nta nyungu n’imwe yari kugirira mu gukoresha iyi nyandiko mpimbano, yavuze kandi ko amasezerano ya Muhizi na Me Katisiga Emile yo gukora iki cyemezo, atigeze ayasinyaho.

Rutagengwa Jean Leon we yari afunzwe kuko ari umugabo wa Nibigira, aho byakekwaga ko ari ikitso muri ibi iki cyaha gikekwa ku mugore we na Muhizi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mukeshimana Marie Rose says:
    4 years ago

    Bihuriyehe no kuba Muhizi yaraguze inzu agakora mitasiyo imbere y aNoteri, yarangiza agahuguzwa na BNR?
    Ese yayiguze n’utari nyirayo? Abantu bararengana rwose.
    Kuba abo batarasezeranye bihurira he n’ubugure? Yayiguze yanditse Kuri nde?

    Mujye musobanura neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 14 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo cyo gutuma abanyeshuri basubira ku mashuri batabangamirwa n’Umuganda

Next Post

Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23

Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.