Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, umugabo arakekwaho kwica umugore we amukubise majagu mu mutwe, aho uwamugezeho bwa mbere yavuze ko yasanze yamuvunaguye ingingo zose, yanamukubise mu myanya y’ibanga.

Ubu bwicanyi bikekwa ko bwakozwe n’umugabo wishe umugore we, bwabereye mu Mudugudu w’Isangano, aho uyu nyakwigendera yari yahungiye dore ko we n’umugabo we ukekwaho kumwica bari batuye mu Mudugudu w’Umutekano, mu Kagari ka Karambo mu Murenge Kigali.

Umugabo witwa Nkundinshuti Emmanuel ukekwaho kwica umugore we Utetiwabo Fortune, bivugwa ko bari basanzwe bafitanye ibibazo by’amakimbirane ashingiye ku mafaranga.

Amakaru atangwa n’abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko uyu muryango wari wimutse uva mu Karere ka Rusizi werecyeza mu Mujyi wa Kigali, aho batangiye ubucuruzi bukanabahira ariko ko ikibazo cyabagaho, ari uko umugabo yikubiraga amafaranga bakuraga muri ubu bucuruzi.

Umwe mu baturage bo muri aka gace wageze kuri nyakwigendera bwa mbere, yavuze ko uyu mugore yapfuye urupfu rubi.

Yagize ati “Njye wamugezeho ingingo zose yari yazikonyaguye, hose no mu gitsina yakubiseho, yabyimbye, umugongo yawuvunaguye, imbavu yavunaguye.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Ariko nabashije kubona ko yamukubise majagu hano mu rwiciro kuko ijisho ryari ryaturumbutse.”

Avuga ko ubwo yamugeragaho abisabwe n’abandi ngo ajye kumufata, nyakwigendera yari atarashiramo umwuka, akamusaba kumuryamisha ariko yabonaga ari gusamba.

Ati “Ndangije ndamuryamisha, maze kumuryamisha arambwira ngo ngira amaboko neza, arambwira ngo amaguru ngira neza, amaguru nyagira neza, arangije ariruhutsa, yasamye gatatu bwa gatatu mpamagara abantu nti ‘birarangiye’.”

Aba baturanyi bavuga ko uyu mugabo yahoraga abwira uyu mugore we [nyakwigendera] ko azamwica, bakaza gutongana ari na bwo umugore yafataga icyemezo cyo kumuhungira mu rundi rugo.

Bavuga kandi ko umugabo usanzwe ari nyiri uru rugo rwari rwahungiyemo nyakwigendera na we yakubiswe majagu n’uyu ukekwaho kwica umugore we, ku buryo na we ari mu bitaro.

Uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we, na we yahise afatwa n’abaturage ubwo yageragezaga gutoroka ndetse akica idirishya ry’inzu yamwiciyemo.

Onesphore, uyobora Umudugudu w’Isangano wabereyemo ubu bwicanyi yavuze ko umugabo ukekwaho kwica umugore we, yavuye iwe amukurikiye aho yari yamuhungiye avuga ko agiye kumwica.

Avuga ko uyu mugabo yageze muri uru rugo rw’uwitwa Fisi, akabanza gukubita majagu uyu mugabo, ubundi agahita ajya kuyikubita umugore we aho yari ari.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twizeyimana Francois Xavier says:
    3 years ago

    Nyuma y’icyumweru kimwe gusa umwe aciwe umutwe,undi yicishijwe majagu!Bavandimwe birakabije.Gusa igihe cyose mugenzi wawe akweruriye ko azakwica byaba byiza umuhunze hakiri kare kuko burya ntaba akina.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 5 =

Previous Post

Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo

Next Post

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.