Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Nshimiyimana Augustin uzwi nka Bora wahoze ari umuyobozi wungirije w’iperereza mu mutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, avuga ko nyuma yo kugera mu Rwanda akabona uko igisirikare cyarwo gihagaze, yahise yumva ibyo bibwiraga ko bazarutera, byari ubwiyahuzi nk’uburi gukorwa na FARDC.

Col Nshimiyimana Augustin yabaye umuyobozi wungirije ushinzwe iperereza muri FDLR kuva mu 2011 kugeza muri 2019, akaba ari umwe mu bahoze mu mitwe yitwaje intwaro batahutse bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Umutwe wa FDLR wahozemo uyu musirikare, uri no mu mitwe ikomeje gufatanya n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu mirwano gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Col Nshimiyimana avuga ko akiri muri FDLR we na bagenzi be bahoraga basakuza ngo bazatera u Rwanda barufate, ariko ko aho arugereyemo yasanze byari nko kwikirigita ugaseka.

Avuga ko ari kimwe n’igisirikare cya Congo (FARDC) ndetse na Guverinoma ya kiriya Gihugu, bahora barota gutera u Rwanda ariko ko iyaba bamenyaga uko igisirikare cyarwo gihagaze, bareka kurota ku manywa.

Ati “Ni yo mpamvu FARDC yirata hariya hakurya, nta makuru ifite ku Rwanda, uko Igisirikare gihagaze n’uko twe twagitekerezaga muri Congo ni ibintu bihabanye, nibwo natangiye kuvuga nti ‘eh kumbi koko turi abiyahuzi’ kuko urebye uko ingabo [RDF] ziyubatse ukareba nawe uko wari uri kubundabunda hariya muri Nyiragongo, ni ukwiyahura.”

Yaboneyeho guha ubutumwa abahirahira gutera u Rwanda ko bakwiye gusubiza amerwe mu isaho kuko imvugo yarwo ko “rutera ntiruterwe” igaragara ubu.

Abakurikirana cyane iby’imikoranire ya FDLR n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeza ko iki Gihugu cyemereye uyu mutwe kuzawufasha gutera u Rwanda.

Guverinoma ya Congo Kinshasa kandi na yo imaze iminsi ibivuga kenshi ko iki Gihugu cyifuza gutera u Rwanda, mu gihe rwo rwavuze kenshi ko rutifuza intambara ariko ko igihe cyose rwayishorwaho ruhagaze bwuma kuba rwayirwana rwemye.

Ubushake bwa Congo bwo gushora u Rwanda mu ntambara kandi buragaragarira mu bikorwa by’ubushotoranyi bikorwa n’igisirikare cy’iki Gihugu, aho bamwe mu basirikare ba FARDC bagiye bashotora u Rwanda bakinjira barasa, ariko bagasanga ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja zikabivuna.

Urugero rwa vuba ni umusirikare uheruka mu cyumweru gishize tariki 03 Werurwe 2023, winjiye mu Rwanda arasa ku mipaka ya Grande Barrière na Petite Barrière mu Karere ka Rubavu, akaza kuraswa n’ingabo z’u Rwanda, akahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eight =

Previous Post

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Next Post

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.