Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Nshimiyimana Augustin uzwi nka Bora wahoze ari umuyobozi wungirije w’iperereza mu mutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, avuga ko nyuma yo kugera mu Rwanda akabona uko igisirikare cyarwo gihagaze, yahise yumva ibyo bibwiraga ko bazarutera, byari ubwiyahuzi nk’uburi gukorwa na FARDC.

Col Nshimiyimana Augustin yabaye umuyobozi wungirije ushinzwe iperereza muri FDLR kuva mu 2011 kugeza muri 2019, akaba ari umwe mu bahoze mu mitwe yitwaje intwaro batahutse bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Umutwe wa FDLR wahozemo uyu musirikare, uri no mu mitwe ikomeje gufatanya n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu mirwano gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Col Nshimiyimana avuga ko akiri muri FDLR we na bagenzi be bahoraga basakuza ngo bazatera u Rwanda barufate, ariko ko aho arugereyemo yasanze byari nko kwikirigita ugaseka.

Avuga ko ari kimwe n’igisirikare cya Congo (FARDC) ndetse na Guverinoma ya kiriya Gihugu, bahora barota gutera u Rwanda ariko ko iyaba bamenyaga uko igisirikare cyarwo gihagaze, bareka kurota ku manywa.

Ati “Ni yo mpamvu FARDC yirata hariya hakurya, nta makuru ifite ku Rwanda, uko Igisirikare gihagaze n’uko twe twagitekerezaga muri Congo ni ibintu bihabanye, nibwo natangiye kuvuga nti ‘eh kumbi koko turi abiyahuzi’ kuko urebye uko ingabo [RDF] ziyubatse ukareba nawe uko wari uri kubundabunda hariya muri Nyiragongo, ni ukwiyahura.”

Yaboneyeho guha ubutumwa abahirahira gutera u Rwanda ko bakwiye gusubiza amerwe mu isaho kuko imvugo yarwo ko “rutera ntiruterwe” igaragara ubu.

Abakurikirana cyane iby’imikoranire ya FDLR n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeza ko iki Gihugu cyemereye uyu mutwe kuzawufasha gutera u Rwanda.

Guverinoma ya Congo Kinshasa kandi na yo imaze iminsi ibivuga kenshi ko iki Gihugu cyifuza gutera u Rwanda, mu gihe rwo rwavuze kenshi ko rutifuza intambara ariko ko igihe cyose rwayishorwaho ruhagaze bwuma kuba rwayirwana rwemye.

Ubushake bwa Congo bwo gushora u Rwanda mu ntambara kandi buragaragarira mu bikorwa by’ubushotoranyi bikorwa n’igisirikare cy’iki Gihugu, aho bamwe mu basirikare ba FARDC bagiye bashotora u Rwanda bakinjira barasa, ariko bagasanga ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja zikabivuna.

Urugero rwa vuba ni umusirikare uheruka mu cyumweru gishize tariki 03 Werurwe 2023, winjiye mu Rwanda arasa ku mipaka ya Grande Barrière na Petite Barrière mu Karere ka Rubavu, akaza kuraswa n’ingabo z’u Rwanda, akahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 8 =

Previous Post

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Next Post

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.