Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakatiwe kubera urugomo ariko ntafungwe akarukomeza ngo ibyo akorera abantu na we siwe

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in MU RWANDA
0
Uwakatiwe kubera urugomo ariko ntafungwe akarukomeza ngo ibyo akorera abantu na we siwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wakatiwe gufungwa imyaka itatu kubera gukubita no gukomeretsa abantu, ariko ntajyanwe mu Igororero, akomeje ibikorwa by’urugomo, abaturanyi bakavuga ko batumva icyabuze ngo afungwe, we akavuga ko abiterwa n’ubusinzi, ngo ariko iyo atanyoye inzoga aba ari umwana mwiza.

Uyu musore witwa Mutijima Gaston, aherutse gukatirwa iki gifungo n’Urukiko rwa Nyarubuye, ariko ntiyajyanwa mu Igororero, ubu akaba akomeje kwidegembya.

Uwitwa Hirwa Emile wo mu Mudugudu wa Mutwe mu Kagari ka Nasho muri uyu Murenge wa Mpanga, yabwiye RADIOTV10 ko mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 yakubiswe n’uyu musore ubwo yamusangaga ari gukiza abarwanaga ku muhanda.

Ati “Barimo bashyamirama, harimo n’abandi bapapa, ndabakiza niba barabonye ko mbabangamiye bahita bamfata barankubita.”

Uwamahirwe Appolinaire, umubyeyi wa Hirwa Emile, avuga nta butabera yahawe bw’umubungu dore ko batanze ikirego mu Bugenzacya cyakirwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarubuye, hakaba hashize ukwezi Urukiko rukatiye umusore wamukubitiye umwana igifungo cy’imyaka 3 ariko ntafungwe.

Undi muturage witwa Ntegekurora Frodouard wo muri aka Kagari ka Ntasho, na we avuga ko uyu musore yamukubise muri iki cyumweru.

Ati “Yankubise, amaze kunkubita yankubise imitwe itatu ndakanuka n’amenyo arajegera njya kwa muganga.”

Bamwe mu baturage bavuga ko uyu musore kimwe na bagenzi be bakunze kugaragarwaho urugomo, bakwiye kujyanwa mu kigo ngororamuco kugira ngo bahindurwe.

Mutijima Gaston uvugwaho gukubita no gukomeretsa abaturage, yemeye ko ajya agira urugomo, ariko ko arugira iyo yanyweye inzoga.

Ati “Icyo kurwana cyo nkiyiziho nanjye. Ariko hari igihe usanga atari njye bitewe n’ubusinzi. Kuko rimwe na rimwe kenshi mbikora nasinze, ntabwo mba nabiteguye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yavuze iki kibazo batari bakizi nk’ubuyobozi, ariko ko bagiye kugikurikirana.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Mauritania: Uwabaye Perezida yakatiwe gufungwa ahamijwe ibirimo kwigwizaho imitungo.

Next Post

Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye
MU RWANDA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.