Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakatiwe kubera urugomo ariko ntafungwe akarukomeza ngo ibyo akorera abantu na we siwe

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in MU RWANDA
0
Uwakatiwe kubera urugomo ariko ntafungwe akarukomeza ngo ibyo akorera abantu na we siwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wakatiwe gufungwa imyaka itatu kubera gukubita no gukomeretsa abantu, ariko ntajyanwe mu Igororero, akomeje ibikorwa by’urugomo, abaturanyi bakavuga ko batumva icyabuze ngo afungwe, we akavuga ko abiterwa n’ubusinzi, ngo ariko iyo atanyoye inzoga aba ari umwana mwiza.

Uyu musore witwa Mutijima Gaston, aherutse gukatirwa iki gifungo n’Urukiko rwa Nyarubuye, ariko ntiyajyanwa mu Igororero, ubu akaba akomeje kwidegembya.

Uwitwa Hirwa Emile wo mu Mudugudu wa Mutwe mu Kagari ka Nasho muri uyu Murenge wa Mpanga, yabwiye RADIOTV10 ko mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 yakubiswe n’uyu musore ubwo yamusangaga ari gukiza abarwanaga ku muhanda.

Ati “Barimo bashyamirama, harimo n’abandi bapapa, ndabakiza niba barabonye ko mbabangamiye bahita bamfata barankubita.”

Uwamahirwe Appolinaire, umubyeyi wa Hirwa Emile, avuga nta butabera yahawe bw’umubungu dore ko batanze ikirego mu Bugenzacya cyakirwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarubuye, hakaba hashize ukwezi Urukiko rukatiye umusore wamukubitiye umwana igifungo cy’imyaka 3 ariko ntafungwe.

Undi muturage witwa Ntegekurora Frodouard wo muri aka Kagari ka Ntasho, na we avuga ko uyu musore yamukubise muri iki cyumweru.

Ati “Yankubise, amaze kunkubita yankubise imitwe itatu ndakanuka n’amenyo arajegera njya kwa muganga.”

Bamwe mu baturage bavuga ko uyu musore kimwe na bagenzi be bakunze kugaragarwaho urugomo, bakwiye kujyanwa mu kigo ngororamuco kugira ngo bahindurwe.

Mutijima Gaston uvugwaho gukubita no gukomeretsa abaturage, yemeye ko ajya agira urugomo, ariko ko arugira iyo yanyweye inzoga.

Ati “Icyo kurwana cyo nkiyiziho nanjye. Ariko hari igihe usanga atari njye bitewe n’ubusinzi. Kuko rimwe na rimwe kenshi mbikora nasinze, ntabwo mba nabiteguye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yavuze iki kibazo batari bakizi nk’ubuyobozi, ariko ko bagiye kugikurikirana.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + sixteen =

Previous Post

Mauritania: Uwabaye Perezida yakatiwe gufungwa ahamijwe ibirimo kwigwizaho imitungo.

Next Post

Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.