Uwambitse impeta Miss Mwiseneza akaza guhindukira yasezeranye n’uwo yamusimbuje

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umusore witwa Tuyishimire Christian wavuzwe cyane ubwo yambikaga impeta Miss Mwiseneza Josiane amusaba kumubera umugore undi akabimwemerera, ubu yamaze gusezerana n’undi mukobwa.

Muri Kanama 2020, Miss Mwiseneza Josiane yari yambitswe impeta n’uyu musore Tuyishimire Christian bivugwa ko bagiye kurushinga bakabana nk’umugore n’umugabo.

Izindi Nkuru

Mu minsi ishize, uyu musore Tuyishimire Christian yatangaje ko hari umukobwa bari mu rukundo kandi ko bakundanye kuva muri 2018 ndetse ko bitegura kurushinga.

Ubu ntibikiri mu magambo kuko bamaze gusezerana n’uwo mukobwa mushya witwa Annah aho basezeranye mu mategeko.

Mu magambo aherutse kwitangariza, Christian yari yashimye uyu mukunzi we bamaze gusezerana.

Yari yagize ati “Ndagushimira uko witwaye mu nzira zigoye zose. Iki ni cyo gihe. Inkuru y’urukundo rwa nyarwo. Birabaye.”

Christian Tuyishimire akiri mu rukundo bari bafite instagram bahuriyeho banashyiraho amafoto agaragaza ko buri umwe yimariyemo undi gusa mu gihe gishize bari barayasibye, ibintu byahise byerekana ko urukundo rwabo rwashyizweho akadomo.

Bishimiye intambwe bateye
Batangiye kwitanaho
Ibye na Miss Mwiseneza byararangiye
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru