Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwaregwaga kwica umukecuru amusanze mu murima unabyiyemerera akavuga n’impamvu yafatiwe icyemezo

radiotv10by radiotv10
25/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwaregwaga kwica umukecuru amusanze mu murima unabyiyemerera akavuga n’impamvu yafatiwe icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma, rwahamije icyaha uwaregwaga kwica atemesheje umuhoro umukecuru w’imyaka 82 wo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, wanemereye Urukiko ko yakoze icyaha akavuga ko yamuhoye kuba yaramurogeye abe, yakatiwe gufungwa imyaka 20.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbye rwa Ngoma rwaburanishije uru rubanza rwaregewe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Ngoma.

Iki cyaha cyaregwaga Bavugayabo Vestine, cyabaye mu mpera z’umwaka ushize tariki 23 Ukuboza 2024, aho uyu waregwaga yasanze nyakwigendera mu murima aho yari atuye, akamwiciramo amutemesheje umuhoro.

Ni icyaha cyabereye mu Mudugudu wa Kamasaro mu Kagari ka Kirehe, mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, aho uyu mukecuru yari atuye.

Ubushinjacyaha buvuga ko “uregwa yaburanye yemera icyaha, agasobanura ko ku itariki ya 23 Ukuboza 2024 yasanze nyakwigendera mu murima ahagana saa 07h30 za mu gitondo aho yari atuye mu Mudugudu wa Kamasaro, Akagari ka Kirehe, Umurenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe akamutema akoresheje umuhoro.”

Ubushinjacyaha bukomeza bugira buti “Asobanura ko yamuhoye ko yaroze ababyeyi be ndetse n’umwana wa musaza we bagapfa none na we akaba yarihoreye.”

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishije uru rubanza, nyuma yo kumva imiburanire n’impande zombi (uregwa n’Ubushinjacyaha) rwahanishije Bavugayabo Vestine igihano cy’igifungo cy’imyaka makumyabiri rushingiye ku ngingo ya 107 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Hamenyekanye uko amakipe azahura muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Next Post

Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga

Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.