Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari umukozi wa RADIOTV10 yahawe inshingano nshya muri FERWACY

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Uwari umukozi wa RADIOTV10 yahawe inshingano nshya muri FERWACY
Share on FacebookShare on Twitter

Nkuranga Alphonse wari umuyobozi w’ishami rishinswe amasoko muri RADIOTV10, yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa mu Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) yanigeze kubera Visi Perezida wa kabiri muri Komite Nyobozi yaryo.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) bwatangaje inkuru y’izi nshingano za Nkuranga Alphonse, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Nzeri 2022.

Mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwagize buti “Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryagiranye amasezerano y’akazi na Bwana Nkuranga Alphonse nk’umuyobozi nshingwabikorwa wa FERWACY ufite mu nshingano guhuza ibikorwa n’imirimo bya buri munsi by’iri shyirahamwe.”

Nkuranga si mushya muri iri shyirahamwe ry’umukino w’Amagare kuko yigeze kuba Visi Perezida wa Kabiri w’iri shyirahamwe.

Ni umwanya yatorewe mu matora yabaye mu kwezi k’Ukuboza 2019 ubwo hatorwaga Komite Nyobozi yo gusimbura iyari imaze kwegura yari iyobowe na Aimable Bayingana.

Izi nshingano yasoje muri Kamena uyu mwaka wa 2022, yazibangikanyaga no kuba yari Umukozi wa RADIOTV10 aho yari asanzwe ayobora Ishami rishinzwe amasoko muri iki kigo kiri mu bya mbere by’itangazamakuru mu Rwanda.

Nkuranga yari asanzwe ari umuyobozi w’Ishami rishinzwe amasoko muri RADIOTV10

Nkuranga Alphonse, wari umaze imyaka itandatu kuri aka kazi, aherutse gusezera ubuyobozi bw’iki kigo ndetse n’abakozi bacyo.

Ubuyobozi ndetse n’abakozi ba RADIOTV10 bashimira uyu mugabo ku musanzu yatanze mu gufasha iki kigo kugera ku ntego zacyo mu gihe cyose yagikoreye.

Mu butumwa busezera kuri iki kigo n’abakozi bacyo, Nkuranga Alphonse yanditse kuri Twitter agira ati “Mwarakoze ku cyizere n’amahirwe mwampaye yo gukorera ikigo cy’indashyikirwa mu gihe cy’imyaka itandatu. Nize byinshi kandi nakoze ibyo nari nshoboye nk’ikiremwamuntu.”

Muri ubu butumwa bwe, Nkuranga yasoje ashimira abashinze iki kigo, ubuyobozi bwacyo ndetse n’inshuti bamufashije kuzuza inshingano ze, asoza agira ati “Ni igihe cy’inzira nshya.”

Akunze kugaragara mu bikorwa bigamije kuzamura umukino w’amagare mu Rwanda
Na we ubwe akunze kwegura akagare akakanyonga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + two =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Next Post

Imodoka yarimo Perezida Zelensky wa Ukraine yagonzwe n’indi

Related Posts

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imodoka yarimo Perezida Zelensky wa Ukraine yagonzwe n’indi

Imodoka yarimo Perezida Zelensky wa Ukraine yagonzwe n'indi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.