Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in MU RWANDA
0
Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

CSP Kayumba Innocent wahoze ari Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge wakatiwe gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw, akajurira, yavuze ko ibyo aregwa ari amagambo kandi ko Urukiko rudakwiye guha agaciro amagambo ngo rumuhamye icyaha.

Yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gashyantare 2022 ubwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiraga kuburanisha urubanza rw’ubujurire rwa CSP Kayumba Innocent na SP Ntakirutimana Eric bajuririye ibihano bakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Aba bombi bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’amafaranga yibwe umunyamahanga witwa Kassem Ayman Mohamed, aho bashinjwa kuba barayishimishijemo bakaguramo ibintu bihenze bifashishije ikoranabuhanga.

CSP Kayumba Innocent ubwo yahabwaga ijambo ngo asobanure ubujurire bwe, yavuze ko nta ruhare yagize mu kwiba uyu munyamahanga, asaba urukiko kuzatesha agaciro icyemezo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, agahanagurwaho ibyaha kuko ntabyo yakoze.

Ati “nkasubizwa mu buzima busanzwe kuko ibyaha byose ubushinjacyaha bwangeretseho ari amagambo gusa kandi mu rukiko ntabwo hakora amagambo hakora ibimenyetso bigize icyaha.”

Muri uru rubanza kandi hagarutswe ku mufungwa Amani Olivier wafashije aba bari abayobozi ba Gereza ya Nyarugenge mu kwinjira mu ikoranabuhanga ubundi bakiba ariya mafaranga.

Uyu Amani usanzwe ari umuhanga mu ikoranabuhanga akaba anafungiwe ibyaha bifitanye isano na ryo, yemereye urukiko ko ari we wafashije aba bayobozi ariko ko bari babimuhatiye.

CSP Kayumba yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko ibyaha yahamijwe byakozwe n’uyu Amani aho kuba ari we. Ati “nkeneye ubutabera kandi abantu bose barangana imbere y’amategeko.”

Me Ngirinshuti Jean Bosco wunganira CSP Kayumba, yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gukuraho icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuko kidashingiye ku bimenyetso byatanzwe.

SP Eric Ntakirutima wahoze ari umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge wungirije, yabwiye Urukiko ko atari umuntu wo kwiba, na we asaba Urukiko bajuririye kumuhanaguraho ibyaha.

Ubushinjacyaha butavuze byinshi, bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kugumishaho ibihano byafashwe n’urw’Ibanze rwa Nyarugenge kuko ibimenyetso byose byagaragajwe bifite ishingiro ko abaregwa bakoze ibyaha bahamijwe.

Urubanza rw’ubujurire rw’aba bahoze ari abayobozi ba Gereza ya Nyarugenge, rwahise rupfundikirwa, Urukiko rukazasoma umwanzuro warwo tariki 18 Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Urupfu rw’Umunyamerikakazi wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba wazize Kanseri rwashenguye benshi

Next Post

Ukeneye Banderole, Banners,…? Igisubizo ni Techno Market yarimbishije Tour du Rwanda

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukeneye Banderole, Banners,…? Igisubizo ni Techno Market yarimbishije Tour du Rwanda

Ukeneye Banderole, Banners,…? Igisubizo ni Techno Market yarimbishije Tour du Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.