Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA
0
Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana baturanye n’umubyeyi watawe n’umugabo we akamusigira ubana batanu babana mu nzu y’icyumba kimwe itanafite ubwiherero, barasaba ko Leta yagira icyo imufasha.

Uyu mubyeyi witwa Twizere Josiane, utuye mu Mudugudu w’Agatare mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya, avuga umugabo basezeranye byemewe n’amategeko yamutanye abana batanu kubera amakimbirane bakunze kugirana.

Inzu y’icyumba kimwe abamo na yo yubakiwe n’abaturanyi, yabuze isakaro, none we n’abana be babayeho mu buzima bubabaje.

Avuga ko hiyongeraho kuba nta bwiherero afite, kandi akaba adafite ubushobozi bwo kubwiyubakira, ndetse n’ubuyobozi yiyambaje ngo bumufashe bukaba bwaramuteye utwatsi bumusaba kujya kwishamo ubushobozi.

Ati “None nagerageje ubwo ndategereje ngo baze barebe. Kurya birandushya no kugirango abana bige birandushya no kubabonera imyenda kuko ntabwo wakorera 1 200 ngo nkishakemo ibyo kurya, amakaye, amakaramu ngo nshakemo n’imyenda ngo bambare.”

Avuga ko ikimushengura ari ukurarana n’abana b’abakobwa ndetse n’umuhungu w’imyaka 18, agasaba Leta kugira icyo yamufasha akabona inzu by’ibyumba bibiri.

Ati “Mfite umusore w’imyaka 18 ubwo ni ikibazo kuba agarama aha ngaha nanjye ndi hariya n’abo bakobwa bose bakaryama hamwe, ni ikibazo.”

Abaturanyi b’uyu muryango bashimangira ko akwiriye gufashwa na Leta akabonerwa aho kuba hagutse, n’ubwiherero bwujuje ibisabwa.

Ntihabose Jean de Dieu yagize ati “Kurya kwe biramuvuna. Umugabo we bari barananiranywe yahise yigendera ashaka undi mugore hakurya i Musha.”

Uwimana Clementine na we yagize ati “Leta yakamwubakiye inzu byibura y’ibyumba nka bibiri akabona aho ashyira abana, none se ko atagiye hanze atabona imibereho y’abana.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Mukantambara Brigitte, avuga uyu muryango babanje kuwushakira aho waba wikinginze mu gihe atarubakirwa kuko na we ari ku rutonde rw’abagomba kuzubakirwa.

Uyu mubyeyi abana n’abana be batanu mu nzu y’icyumba na yo nto
Avuga ko babayeho mu buzima bubi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

Next Post

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w'Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.