Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA
0
Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana baturanye n’umubyeyi watawe n’umugabo we akamusigira ubana batanu babana mu nzu y’icyumba kimwe itanafite ubwiherero, barasaba ko Leta yagira icyo imufasha.

Uyu mubyeyi witwa Twizere Josiane, utuye mu Mudugudu w’Agatare mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya, avuga umugabo basezeranye byemewe n’amategeko yamutanye abana batanu kubera amakimbirane bakunze kugirana.

Inzu y’icyumba kimwe abamo na yo yubakiwe n’abaturanyi, yabuze isakaro, none we n’abana be babayeho mu buzima bubabaje.

Avuga ko hiyongeraho kuba nta bwiherero afite, kandi akaba adafite ubushobozi bwo kubwiyubakira, ndetse n’ubuyobozi yiyambaje ngo bumufashe bukaba bwaramuteye utwatsi bumusaba kujya kwishamo ubushobozi.

Ati “None nagerageje ubwo ndategereje ngo baze barebe. Kurya birandushya no kugirango abana bige birandushya no kubabonera imyenda kuko ntabwo wakorera 1 200 ngo nkishakemo ibyo kurya, amakaye, amakaramu ngo nshakemo n’imyenda ngo bambare.”

Avuga ko ikimushengura ari ukurarana n’abana b’abakobwa ndetse n’umuhungu w’imyaka 18, agasaba Leta kugira icyo yamufasha akabona inzu by’ibyumba bibiri.

Ati “Mfite umusore w’imyaka 18 ubwo ni ikibazo kuba agarama aha ngaha nanjye ndi hariya n’abo bakobwa bose bakaryama hamwe, ni ikibazo.”

Abaturanyi b’uyu muryango bashimangira ko akwiriye gufashwa na Leta akabonerwa aho kuba hagutse, n’ubwiherero bwujuje ibisabwa.

Ntihabose Jean de Dieu yagize ati “Kurya kwe biramuvuna. Umugabo we bari barananiranywe yahise yigendera ashaka undi mugore hakurya i Musha.”

Uwimana Clementine na we yagize ati “Leta yakamwubakiye inzu byibura y’ibyumba nka bibiri akabona aho ashyira abana, none se ko atagiye hanze atabona imibereho y’abana.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Mukantambara Brigitte, avuga uyu muryango babanje kuwushakira aho waba wikinginze mu gihe atarubakirwa kuko na we ari ku rutonde rw’abagomba kuzubakirwa.

Uyu mubyeyi abana n’abana be batanu mu nzu y’icyumba na yo nto
Avuga ko babayeho mu buzima bubi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

Next Post

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w'Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.