Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamideri Amir Mbera akaba anazwi muri sinema Nyarwanda, yapfushije umubyeyi (Se) nyuma y’umwaka umwe gusa anapfushije umugore na nyirabukwe bitabiye Imana umunsi umwe bahitanywe n’impanuka.

Uyu mugabo wanagaragaye muri Filimi ‘Good Book, Bad Cover’ yakinanyemo na Alliak Cool, bombi ari n’abakinnyi b’ibanze, yapfushije Se umubyara mu ijoro rya hirya y’ejo hashize, tariki 05 Gashyantare 2025.

Amakuru yo kubura umubyeyi we, Amir Mbera yanayatangaje ubwe mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Igihe, aho yavuze ko se yitabye Imana azize uburwayi.

Yavuze ko ariko umubyeyi we yari arwariye kwa muganga, bakamusezerera bizeye ko agiye gukira. Ati “Ijoro ryarageze rero ajya kuryama mu gitondo tuza gusanga byarangiye.”

Amir Mbera agize ibi byago nyuma y’umwaka umwe gusa, anapfushije abandi bantu babiri b’ingenzi mu buzima bwe, bitabye Imana muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024.

Avuga ko ari agahinda gakomeye kaje kiyongera ku kindi gikomere yari agifite cyo kuba yarabuze umugore we na nyirabukwe [umubyeyi w’umugore we] bitabye Imana bazize impanuka.

Ati “Reba Gashyantare 2024 napfushije umugore wanjye na mabukwe bari kumwe, none dore umwaka umwe gusa mbuze data umbyara.”

Mbere Amir uzwi mu ruganda w’imideri mu Rwanda ndetse n’urwa Sinema, yanakoze ibiganiro bivuga kuri Sinema, aho yakoraga ikiganiro ‘Cinemation’ cyatambukaga kuri TV10.

Amir Mbera yagaragaye muri Filimi yakinanyemo na Alliah Cool

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Next Post

AMAKURU MASHYA: Imirambo y’Abasirikare ba Afurika y’Epfo bapfiye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Imirambo y’Abasirikare ba Afurika y’Epfo bapfiye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Imirambo y’Abasirikare ba Afurika y’Epfo bapfiye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.