Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

V/Mayor waringanye Umunyamakuru: Ati “Nta gisubizo nari mfite”, Meya ati “Ni ikosa ry’akazi”

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA
2
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Yabanje aramwumva arangije aramuringana

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yagize icyo avuga ku mashusho agaraza Umwungirije aringana umunyamakuru wamubajije ikibazo aho kumusubiza akicecekera ndetse agahita yigendera, mu gihe nyiri kubikora we yavuze ko yabajijwe ikibazo atari afitiye igisubizo.

Aya mashusho yasakaye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, agaragaza Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Kamanzi Axelle ari kubazwa n’itangazamakuru atunzwe microphones zirimo iy’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Muri iki kiganiro yariho agirana n’Itangazamakuru, Umunyamakuru umwe amubaza ikibazo cyerekeye bamwe mu Banyarwanda bo mu Cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Shingiro bubakiwe inzu ariko zigatangira kwangirika zitarazuza n’umwuka.

Umunyamakuru agira ati “murabafasha iki ngo bongere bayasubiremo ko bari bayishimiye?”, uyu muyobozi aho kumusubiza agakomeza kwirebera nk’utigeze yumva ikibazo, umunyamakuru akonera akamusubiriramo, umuyobozi akongera akaruca akarumira, ari nab wo ahita amushimira, undi agahita ahindukirana imbaraga akigendera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yavuze ko iyi myitwari y’umwungirije bayifata nk’ikosa ry’akazi kuko ngo byaba kuri buri wese.

Yagize ati “Turabifata nk’ikosa umuntu ashobora gukora mu kazi wenda atafashe n’umwanya wo kuyitekerezaho, bishobora gushyikira uwo ari we wese.”

Ramuli yavuze ko nk’ubuyobozi bw’Akarere icyo bashobora gukora ari ukuganiriza uyu mugenzi wabo kugira ngo atazasubira.

Ati “Wenda hakaza n’ubujyanama ku byakurikira atari byo byari bikwiriye muri icyo gihe, itagakwiye no kuba yakongera.”

Gusa bamwe mu batanze ibitekerezo ku nkuru yanditswe na RADIOTV10 kuri uyu Mbere, bakomeje kuvuga ko umuyobozi nk’uyu usuzugura itangazamakuru anirebera ko hari Camera, bigaragaza ibyo akorera abaturage basanzwe.

Hakaba hari n’amakuru avuga ko uyu muyobozi na we ubwe wigeze kuba Umunyamakuru atari ubwa mbere aringanye itangazamakuru muri ubu buryo.

Yahise ahindukira arigendera

 

“Yambajije ikibazo ntafitiye igisubizo mpitamo guceceka”

Uyu muyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Axelle Kamanzi, yavuze ko kiriya kibazo cy’umunyamakuru yanze gusubiza, yakibajijwe nyuma y’ibindi byinshi yari amaze kubazwa birimo iby’inda ziterwa abangavu ndetse n’ibindi bijyanye n’imibereho y’abaturage.

Ngo ubwo yariho atekereza kuri ibyo bibazo yari amaze kubazwa no gusubiza, nib wo yabajijwe iki cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Shingiro, ako kanya igisubizo cyacyo nticyahita kiza.

Yagize ati “Ako kanya nari ndi gutekereza ku bibazo by’igwingira, inda ziterwa abangavu n’ibindi. Mu by’ukuri sinahise ntekereza kuri icyo […] Yambajije ikibazo ntafitiye igisubizo mpitamo guceceka kugira ngo ntekereze ku byo nza kumusubiza.”

Gusa muri ayo mashusho, uyu muyobozi agaragara nyuma yo kwanga gusubiza Umunyamakuru, ahita ahindukirana ibakwe agahita agenda.

Bame mu bakora umwuga w’itangazamakuru, bagaragaje ko imyitwarire y’uyu muyobozi ari kimwe mu bihamya ko abakora uyu mwuga badahabwa agaciro bakwiye ndetse bakavuga ko bishimangira ikibazo kiri mu burenganzira bwo guhabwa amakuru.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Hagenimana says:
    3 years ago

    Tekereza nawe ukoreye ibyo umunyamakuru umuturage niwe yatega amatwi uvuye iyo mucyaro

    Reply
    • BAVUGUKULI JEAN ERIC says:
      3 years ago

      Nawe nubona inshingano zisaba kubazwa amaraporo menshi uzaba ubimenya

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 5 =

Previous Post

Rwanda& DRCongo: Ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byatangiye

Next Post

Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.