Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

V/Mayor waringanye Umunyamakuru: Ati “Nta gisubizo nari mfite”, Meya ati “Ni ikosa ry’akazi”

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA
2
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Yabanje aramwumva arangije aramuringana

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yagize icyo avuga ku mashusho agaraza Umwungirije aringana umunyamakuru wamubajije ikibazo aho kumusubiza akicecekera ndetse agahita yigendera, mu gihe nyiri kubikora we yavuze ko yabajijwe ikibazo atari afitiye igisubizo.

Aya mashusho yasakaye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, agaragaza Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Kamanzi Axelle ari kubazwa n’itangazamakuru atunzwe microphones zirimo iy’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Muri iki kiganiro yariho agirana n’Itangazamakuru, Umunyamakuru umwe amubaza ikibazo cyerekeye bamwe mu Banyarwanda bo mu Cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Shingiro bubakiwe inzu ariko zigatangira kwangirika zitarazuza n’umwuka.

Umunyamakuru agira ati “murabafasha iki ngo bongere bayasubiremo ko bari bayishimiye?”, uyu muyobozi aho kumusubiza agakomeza kwirebera nk’utigeze yumva ikibazo, umunyamakuru akonera akamusubiriramo, umuyobozi akongera akaruca akarumira, ari nab wo ahita amushimira, undi agahita ahindukirana imbaraga akigendera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yavuze ko iyi myitwari y’umwungirije bayifata nk’ikosa ry’akazi kuko ngo byaba kuri buri wese.

Yagize ati “Turabifata nk’ikosa umuntu ashobora gukora mu kazi wenda atafashe n’umwanya wo kuyitekerezaho, bishobora gushyikira uwo ari we wese.”

Ramuli yavuze ko nk’ubuyobozi bw’Akarere icyo bashobora gukora ari ukuganiriza uyu mugenzi wabo kugira ngo atazasubira.

Ati “Wenda hakaza n’ubujyanama ku byakurikira atari byo byari bikwiriye muri icyo gihe, itagakwiye no kuba yakongera.”

Gusa bamwe mu batanze ibitekerezo ku nkuru yanditswe na RADIOTV10 kuri uyu Mbere, bakomeje kuvuga ko umuyobozi nk’uyu usuzugura itangazamakuru anirebera ko hari Camera, bigaragaza ibyo akorera abaturage basanzwe.

Hakaba hari n’amakuru avuga ko uyu muyobozi na we ubwe wigeze kuba Umunyamakuru atari ubwa mbere aringanye itangazamakuru muri ubu buryo.

Yahise ahindukira arigendera

 

“Yambajije ikibazo ntafitiye igisubizo mpitamo guceceka”

Uyu muyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Axelle Kamanzi, yavuze ko kiriya kibazo cy’umunyamakuru yanze gusubiza, yakibajijwe nyuma y’ibindi byinshi yari amaze kubazwa birimo iby’inda ziterwa abangavu ndetse n’ibindi bijyanye n’imibereho y’abaturage.

Ngo ubwo yariho atekereza kuri ibyo bibazo yari amaze kubazwa no gusubiza, nib wo yabajijwe iki cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Shingiro, ako kanya igisubizo cyacyo nticyahita kiza.

Yagize ati “Ako kanya nari ndi gutekereza ku bibazo by’igwingira, inda ziterwa abangavu n’ibindi. Mu by’ukuri sinahise ntekereza kuri icyo […] Yambajije ikibazo ntafitiye igisubizo mpitamo guceceka kugira ngo ntekereze ku byo nza kumusubiza.”

Gusa muri ayo mashusho, uyu muyobozi agaragara nyuma yo kwanga gusubiza Umunyamakuru, ahita ahindukirana ibakwe agahita agenda.

Bame mu bakora umwuga w’itangazamakuru, bagaragaje ko imyitwarire y’uyu muyobozi ari kimwe mu bihamya ko abakora uyu mwuga badahabwa agaciro bakwiye ndetse bakavuga ko bishimangira ikibazo kiri mu burenganzira bwo guhabwa amakuru.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Hagenimana says:
    3 years ago

    Tekereza nawe ukoreye ibyo umunyamakuru umuturage niwe yatega amatwi uvuye iyo mucyaro

    Reply
    • BAVUGUKULI JEAN ERIC says:
      3 years ago

      Nawe nubona inshingano zisaba kubazwa amaraporo menshi uzaba ubimenya

      Reply

Leave a Reply to Hagenimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Rwanda& DRCongo: Ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byatangiye

Next Post

Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.