Urukiko mu Bufaransa rwemeje ko iperereza kuri Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal wabaye Perezida w’u Rwanda, ku ruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rikomeza; bitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe umwaka ushize.
Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Gicurasi 2026 nk’uko amakuru aturuka mu Bufaransa abyemeza.
Muri Kanama umwaka ushize wa 2025, Abacamanza b’urwego rw’Iperereza bari bafashe icyemezo ko iperereza rikorwa kuri Agathe Kanziga, rihagarara.
Ubwo hafatwaga iki cyemezo, aba Bacamanza bavugaga ko habuze ibimenyetso bihagije byerekana ko uyu wari umugore w’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ni mu gihe Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa, ishami rishinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba, ryavugaga ko hari ibimenyetso n’ubuhamya byirangagijwe na bariya Bacamanza.
Me Gisagara uri mu banyamategeko bakurikiranira hafi imanza z’abakekwaho Jenoside baburanishwa n’inkiko z’i Burayi mu Bufaransa, mu butumwa bwe yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko Agathe Kanziga agomba kuburanishwa ku ruhare yagize, aho yanditse ko Urukiko rwemeje ko iperereza rikomeza kuri Agathe Kanziga.
RADIOTV10










