Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwada yakoze mu nganzo agira ati “uzaze urebe u Rwanda rw’Abanyarwanda, ni ukuri kw’Imana ruragendwa.” Ni byo koko ruragendwa kuri buri wese, abe ukomeye cyangwa uworoheje. Muri iki cyumweru rwongeye kugirirwa umugisha rugendererwa na Perezida William Ruto w’Igihugu cya Kenya kiyoboye ibindi mu bukungu muri aka karere.

Perezida William Ruto wamaze gusoza uruzinduko rwe mu Rwanda, akaba yasubiye mu Gihugu cye nyuma y’iminsi ibiri ari mu rw’imisozi igihumbi, ku munsi we wa nyuma w’uru ruzinduko, yasuye Intara y’Iburasirazuba.

Muri iyi Ntara mu Karere ka Bugesera, ni na ho yafatiwe icyayi cya mu gitondo, ubwo yari agiye guhura na mugenzi we Paul Kagame banasuye Kaminuza yigisha amasomo agezweho y’ubuhinzi n’ubworozi.

Ubwo yari ageze i Nyamata, amaze gufata icyayi ari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, Perezida William Ruto, yanyuze kuri bamwe mu baturage bo muri aka Karere bari bari mu gasantere, bamwakirana urugwiro rwinshi bamukomera amashyi, na we ahita abaramutsa.

AMASHUSHO
==========
Perezida wa #Kenya, #WilliamRuto yishimiye ibihe byiza yagiriye mu #Rwanda, birimo kuramukanya n'abaturage b'i Nyamata, no kuhafatira icyayi

📹Kenya Digital News pic.twitter.com/aOhMBZEGGU

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 6, 2023

Mu kiganiro gito yagiranye n’aba baturage, Perezida Ruto, mu Kiswahili yagize ati “Amakuru yanyu?” na bo bamusubiza bagira bati “Ni meza.” Arongera ati “Amakuru y’u Rwanda?” Bongera gusubiriza icyarimwe bati “Ni meza.”

Aba baturage bagaragarije urugwiro Perezida William Ruto, bakomeza bamubwira bati “Urakaza neza mu Rwanda ni mu rugo.” Na we ababwira ko azabahera intashyo abavandimwe babo b’Abanyakenya.

William Ruto wari wagiriye uruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda kuva yatorerwa kuba Perezida wa Kenya, yaraye arusoje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, aherekezwa na Perezida Paul Kagame ku kibuga cy’Indege cya Kanombe.

Ubwo yari asubiye mu Gihugu cye yaherekejwe na Perezida Paul Kagame
Yasezeye ku bayobozi bo mu Rwanda
Umukuru w’u Rwanda yamwifurije urugendo ruhire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Next Post

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.