Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwada yakoze mu nganzo agira ati “uzaze urebe u Rwanda rw’Abanyarwanda, ni ukuri kw’Imana ruragendwa.” Ni byo koko ruragendwa kuri buri wese, abe ukomeye cyangwa uworoheje. Muri iki cyumweru rwongeye kugirirwa umugisha rugendererwa na Perezida William Ruto w’Igihugu cya Kenya kiyoboye ibindi mu bukungu muri aka karere.

Perezida William Ruto wamaze gusoza uruzinduko rwe mu Rwanda, akaba yasubiye mu Gihugu cye nyuma y’iminsi ibiri ari mu rw’imisozi igihumbi, ku munsi we wa nyuma w’uru ruzinduko, yasuye Intara y’Iburasirazuba.

Muri iyi Ntara mu Karere ka Bugesera, ni na ho yafatiwe icyayi cya mu gitondo, ubwo yari agiye guhura na mugenzi we Paul Kagame banasuye Kaminuza yigisha amasomo agezweho y’ubuhinzi n’ubworozi.

Ubwo yari ageze i Nyamata, amaze gufata icyayi ari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, Perezida William Ruto, yanyuze kuri bamwe mu baturage bo muri aka Karere bari bari mu gasantere, bamwakirana urugwiro rwinshi bamukomera amashyi, na we ahita abaramutsa.

AMASHUSHO
==========
Perezida wa #Kenya, #WilliamRuto yishimiye ibihe byiza yagiriye mu #Rwanda, birimo kuramukanya n'abaturage b'i Nyamata, no kuhafatira icyayi

📹Kenya Digital News pic.twitter.com/aOhMBZEGGU

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 6, 2023

Mu kiganiro gito yagiranye n’aba baturage, Perezida Ruto, mu Kiswahili yagize ati “Amakuru yanyu?” na bo bamusubiza bagira bati “Ni meza.” Arongera ati “Amakuru y’u Rwanda?” Bongera gusubiriza icyarimwe bati “Ni meza.”

Aba baturage bagaragarije urugwiro Perezida William Ruto, bakomeza bamubwira bati “Urakaza neza mu Rwanda ni mu rugo.” Na we ababwira ko azabahera intashyo abavandimwe babo b’Abanyakenya.

William Ruto wari wagiriye uruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda kuva yatorerwa kuba Perezida wa Kenya, yaraye arusoje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, aherekezwa na Perezida Paul Kagame ku kibuga cy’Indege cya Kanombe.

Ubwo yari asubiye mu Gihugu cye yaherekejwe na Perezida Paul Kagame
Yasezeye ku bayobozi bo mu Rwanda
Umukuru w’u Rwanda yamwifurije urugendo ruhire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 2 =

Previous Post

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Next Post

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.