Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwada yakoze mu nganzo agira ati “uzaze urebe u Rwanda rw’Abanyarwanda, ni ukuri kw’Imana ruragendwa.” Ni byo koko ruragendwa kuri buri wese, abe ukomeye cyangwa uworoheje. Muri iki cyumweru rwongeye kugirirwa umugisha rugendererwa na Perezida William Ruto w’Igihugu cya Kenya kiyoboye ibindi mu bukungu muri aka karere.

Perezida William Ruto wamaze gusoza uruzinduko rwe mu Rwanda, akaba yasubiye mu Gihugu cye nyuma y’iminsi ibiri ari mu rw’imisozi igihumbi, ku munsi we wa nyuma w’uru ruzinduko, yasuye Intara y’Iburasirazuba.

Muri iyi Ntara mu Karere ka Bugesera, ni na ho yafatiwe icyayi cya mu gitondo, ubwo yari agiye guhura na mugenzi we Paul Kagame banasuye Kaminuza yigisha amasomo agezweho y’ubuhinzi n’ubworozi.

Ubwo yari ageze i Nyamata, amaze gufata icyayi ari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, Perezida William Ruto, yanyuze kuri bamwe mu baturage bo muri aka Karere bari bari mu gasantere, bamwakirana urugwiro rwinshi bamukomera amashyi, na we ahita abaramutsa.

AMASHUSHO
==========
Perezida wa #Kenya, #WilliamRuto yishimiye ibihe byiza yagiriye mu #Rwanda, birimo kuramukanya n'abaturage b'i Nyamata, no kuhafatira icyayi

📹Kenya Digital News pic.twitter.com/aOhMBZEGGU

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 6, 2023

Mu kiganiro gito yagiranye n’aba baturage, Perezida Ruto, mu Kiswahili yagize ati “Amakuru yanyu?” na bo bamusubiza bagira bati “Ni meza.” Arongera ati “Amakuru y’u Rwanda?” Bongera gusubiriza icyarimwe bati “Ni meza.”

Aba baturage bagaragarije urugwiro Perezida William Ruto, bakomeza bamubwira bati “Urakaza neza mu Rwanda ni mu rugo.” Na we ababwira ko azabahera intashyo abavandimwe babo b’Abanyakenya.

William Ruto wari wagiriye uruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda kuva yatorerwa kuba Perezida wa Kenya, yaraye arusoje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, aherekezwa na Perezida Paul Kagame ku kibuga cy’Indege cya Kanombe.

Ubwo yari asubiye mu Gihugu cye yaherekejwe na Perezida Paul Kagame
Yasezeye ku bayobozi bo mu Rwanda
Umukuru w’u Rwanda yamwifurije urugendo ruhire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Next Post

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.