Sunday, March 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bazi Uwihoreye Bosco wamamaye nka Ndimbati, iyo babonye uyu mugabo witwa Nizeyimana, biruka bamusanganira bagira ngo ni we ndetse bakamuramutsa bizihiwe bazi ko baramukije Ndimbati, gusa si we ni uwo basa yaba umubyima, umutwe, imyogoshere ndetse n’ubwanwa, ntiwapfa kubatandukanya.

Uyu mugabo witwa Nizeyimana Hamza yakiriwe na YouTube Channel yitwa The Choice Live, mu mvugo neza neza avuga nka Ndimbati, yahamije ko ari umuvandimwe w’uyu mukinnyi wa Film ubu ufunze.

Avuga ko ari we muto kuri Ndimbati, ndetse ko no mu buzima busanzwe aho atuye na we bamuhimbye Ndimbati kubera uburyo basa.

Ngo niyo agenda, abantu baba bazi ko ari Ndimbati. Ati “N’ubusanzwe ni ryo zina ryanjye muri karitsiye, amazina asanzwe barayibagiwe.”

Niziyemana wamaze guhabwa izina rya Ndimbati kubera uburyo basa, avuga ko kuba bamwita Ndimbati akaba ari n’umuvandimwe we, ntacyo bimutwaye.

Ati “Nabikoraho iki se? mbyakira gutyo rimwe na rimwe hari igihe najyaga mu modoka ngahita muhamagara nti ‘bimeze gute ko bampamagara bazi ko ari wowe’ ariko nkabyakira gutyo.”

Yavuze ko yababajwe n’ifungwa ry’umuvandimwe we ubu ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge nyuma y’uko afatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo kubera ibyo akurikiranyweho birimo gusambanya umukobwa.

Avuga ko ifungwa rye yaryumviye mu makuru yo kuri Radiyo ari ku wa kane ariko ko ku munsi ubanziriza uyu [ubwo hari ku wa Gatatu] yari yamuhamagaye kuri telefone ariko ntibabasha kuvugana.

Ubu Nizeyimana Hamza yitabajwe muri film zimwe zakinwagamo na Ndimbati kugira ngo azibe icyuho cyo kuba adahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Next Post

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Related Posts

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

by radiotv10
01/03/2026
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agati (Ubutabazi)”, igamije gukomeza no kwibutsa...

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

by radiotv10
27/02/2026
0

Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura RMC, rwashimiye abanyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan na Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo, uburyo bahisemo...

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru Djihad yahamijwe ibyaha byo gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

by radiotv10
27/02/2026
0

Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be batatu, bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano yasakajwe, bakatirwa gufungwa...

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

by radiotv10
27/02/2026
0

Umunyamakuru Uwamwezi Daphine wamamaye nka Bianca wigeze kwibwa imodoka n’uwari umukozi we, ikaza gusangwa aho yari yayitaye nyuma yo gukora...

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

by radiotv10
26/02/2026
0

Umukinnyi wa filimi nyarwanda, Nyambo Jesca uri mu bagezweho mu Rwanda, yagaragaje ibihe byiza ari kugirira muri Qatar, agaragaza ko...

IZIHERUKA

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)
IMYIDAGADURO

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

by radiotv10
01/03/2026
0

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

01/03/2026
TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

28/02/2026
BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

28/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

28/02/2026
Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

28/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.