• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bazi Uwihoreye Bosco wamamaye nka Ndimbati, iyo babonye uyu mugabo witwa Nizeyimana, biruka bamusanganira bagira ngo ni we ndetse bakamuramutsa bizihiwe bazi ko baramukije Ndimbati, gusa si we ni uwo basa yaba umubyima, umutwe, imyogoshere ndetse n’ubwanwa, ntiwapfa kubatandukanya.

Uyu mugabo witwa Nizeyimana Hamza yakiriwe na YouTube Channel yitwa The Choice Live, mu mvugo neza neza avuga nka Ndimbati, yahamije ko ari umuvandimwe w’uyu mukinnyi wa Film ubu ufunze.

Avuga ko ari we muto kuri Ndimbati, ndetse ko no mu buzima busanzwe aho atuye na we bamuhimbye Ndimbati kubera uburyo basa.

Ngo niyo agenda, abantu baba bazi ko ari Ndimbati. Ati “N’ubusanzwe ni ryo zina ryanjye muri karitsiye, amazina asanzwe barayibagiwe.”

Niziyemana wamaze guhabwa izina rya Ndimbati kubera uburyo basa, avuga ko kuba bamwita Ndimbati akaba ari n’umuvandimwe we, ntacyo bimutwaye.

Ati “Nabikoraho iki se? mbyakira gutyo rimwe na rimwe hari igihe najyaga mu modoka ngahita muhamagara nti ‘bimeze gute ko bampamagara bazi ko ari wowe’ ariko nkabyakira gutyo.”

Yavuze ko yababajwe n’ifungwa ry’umuvandimwe we ubu ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge nyuma y’uko afatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo kubera ibyo akurikiranyweho birimo gusambanya umukobwa.

Avuga ko ifungwa rye yaryumviye mu makuru yo kuri Radiyo ari ku wa kane ariko ko ku munsi ubanziriza uyu [ubwo hari ku wa Gatatu] yari yamuhamagaye kuri telefone ariko ntibabasha kuvugana.

Ubu Nizeyimana Hamza yitabajwe muri film zimwe zakinwagamo na Ndimbati kugira ngo azibe icyuho cyo kuba adahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Next Post

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Related Posts

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

by radiotv10
17/06/2026
0

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Bebe Cool uri mu bakomeye muri Afurika y'Iburasirazuba, yavuze ko agiye gushyira hanze ibimenyetso bigaragaza ubutekamutwe ashinja Jolly...

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

by radiotv10
15/06/2026
0

Umunyamakuru Murindahabi Irene  izwi nka M. Irene unafite inzu MIE ifasha abahanzi, yahakanye amakuru yavugaga ko ari kwishyuza miliyoni 60...

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

by radiotv10
14/06/2026
0

In a world where success is often measured by appearances, many people are spending more time looking successful than actually...

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

by radiotv10
13/06/2026
0

Money has always been one of those silent forces that shapes relationships in ways people don’t always talk about openly....

Umunyemari Zari yatangaje iherezo ry’urushako rwe n’umuteramakofi Shakib

Umunyemari Zari yatangaje iherezo ry’urushako rwe n’umuteramakofi Shakib

by radiotv10
12/06/2026
0

Umunyamafaranga Zarinah Hassan uzwi nka ‘Zari the Boss Lady’ wanabyaranye n’umuhanzi Diamond Platnumz, yatangaje ko yatandukanye n’umugabo we Shakib Cham...

Next Post
Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi na Bobi Wine yongeye gufata intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.