Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bazi Uwihoreye Bosco wamamaye nka Ndimbati, iyo babonye uyu mugabo witwa Nizeyimana, biruka bamusanganira bagira ngo ni we ndetse bakamuramutsa bizihiwe bazi ko baramukije Ndimbati, gusa si we ni uwo basa yaba umubyima, umutwe, imyogoshere ndetse n’ubwanwa, ntiwapfa kubatandukanya.

Uyu mugabo witwa Nizeyimana Hamza yakiriwe na YouTube Channel yitwa The Choice Live, mu mvugo neza neza avuga nka Ndimbati, yahamije ko ari umuvandimwe w’uyu mukinnyi wa Film ubu ufunze.

Avuga ko ari we muto kuri Ndimbati, ndetse ko no mu buzima busanzwe aho atuye na we bamuhimbye Ndimbati kubera uburyo basa.

Ngo niyo agenda, abantu baba bazi ko ari Ndimbati. Ati “N’ubusanzwe ni ryo zina ryanjye muri karitsiye, amazina asanzwe barayibagiwe.”

Niziyemana wamaze guhabwa izina rya Ndimbati kubera uburyo basa, avuga ko kuba bamwita Ndimbati akaba ari n’umuvandimwe we, ntacyo bimutwaye.

Ati “Nabikoraho iki se? mbyakira gutyo rimwe na rimwe hari igihe najyaga mu modoka ngahita muhamagara nti ‘bimeze gute ko bampamagara bazi ko ari wowe’ ariko nkabyakira gutyo.”

Yavuze ko yababajwe n’ifungwa ry’umuvandimwe we ubu ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge nyuma y’uko afatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo kubera ibyo akurikiranyweho birimo gusambanya umukobwa.

Avuga ko ifungwa rye yaryumviye mu makuru yo kuri Radiyo ari ku wa kane ariko ko ku munsi ubanziriza uyu [ubwo hari ku wa Gatatu] yari yamuhamagaye kuri telefone ariko ntibabasha kuvugana.

Ubu Nizeyimana Hamza yitabajwe muri film zimwe zakinwagamo na Ndimbati kugira ngo azibe icyuho cyo kuba adahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eleven =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Next Post

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Related Posts

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

by radiotv10
08/05/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yasabye urubyiruko kutajya rwihutira guca imanza ku bintu rudafiteho amakuru ahagije, nyuma...

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

by radiotv10
08/05/2026
0

Dating in Rwanda is no longer what it used to be. Not long ago, relationships often began through mutual friends,...

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

by radiotv10
08/05/2026
0

There’s something about weekends that quietly reveals who we are when the pressure of school, work, deadlines, and routines disappears....

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

by radiotv10
07/05/2026
0

Kimenyi Yves wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, wasezeranye mu buryo bwemewe na Muyango Claudine, yahamije ko ubu ari mu...

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

by radiotv10
05/05/2026
0

Umuherwe w’Umunya-Tanzania Lugumi Saidi yongeye kugaragaza ko ari mu rukundo na Alliah Cool uzwi muri sinema no mu bindi bikorwa...

IZIHERUKA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka
AMAHANGA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

by radiotv10
11/05/2026
0

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

11/05/2026
Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

11/05/2026
Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

11/05/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

11/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.