• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi na Bobi Wine yongeye gufata intera

radiotv10by radiotv10
17/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine yongeye guterana amagambo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo General Muhoozi Kainerugaba, umwe acyurira undi ko yavukiye muri Uganda, undi akavukira mu mahanga.

Guterana amagambo kw’aba bombi gukunze kubaho, kongeye kuzamurwa n’ifungwa ry’umunyamategeko Erias Lukwago Ssalongo ryakozwe na Muhoozi Kainerugaba, bikarakaza Bobi Wine wahise ahagurukira kubyamagana.

Bobi Wine abinyujije kuri X, yari yabwiye General Muhoozi, ko nubwo yigira umusirikare ukomeye, ariko ngo ari umunyantege nke kandi ko ngo amapeti yabonye atayakwiye.

Yari yanditse ati “Amapeti nk’ayo wambara ntiwayabonye uyakwiye, ntibitangaje kugutuka no kugusuzugura buri munsi. Ibikorwa byawe biteye isoni cyane ku Ngabo z’Ingabo za Uganda (UPDF). Amateka azakwibuka wowe na so mu kimwaro. Umunsi umwe ndetse n’abana bawe bazagorwa no kurengera izina ryawe.”

General Muhoozi ukunze guterana amagambo n’uyu munyapolitiki, na we yagize ati “Kabobina, ashobora kwihisha inyuma y’abazungu igihe uko yakwigira kose. Ariko uko byagenda kose nzamufunga.”

Muhoozi Kandi yahishuye ko ngo Bobi Wine amaze iminsi yinginga se Museveni ngo ntibazamufunge igihe azaba yagarutse muri Uganda avuye mu biruhuko.

Yagize ati “Kabobina yakomeje kwinginga Mzee ngo ntituzamufunge ubwo azaba avuye mu biruhuko bye muri Amerika. Ubu ndahiye ko tuzamufata nta kabuza.”

Muhoozi Kandi yabwiye Bobi Wine ko igihe azaba yagarutse muri Uganda, ntaho azihishira ku buryo atazafatwa ngo afungwe.

Bobi Wine na we akomeje guca ku ruhande akibasira General Muhoozi, aho yanamucyuriye ko Uganda ari Igihugu yavukiyemo ku buryo adafite ubwoba bwo kukizamo. Yagize ati “Navukiye muri Uganda, mu gihe wowe wavukiye muri Tanzania. Rero ibyo tubizirikane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 11 =

Previous Post

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Next Post

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

by radiotv10
16/06/2026
0

I Paris mu Bufaransa hari kubera imurikabikorwa mpuzamahanga mu bya Gisirikare rizwi nka ‘Eurosatory’ rya mbere rigari ku Isi, ryitabiriwe...

Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

by radiotv10
16/06/2026
0

Itsinda ry'abacuruzi bari bavuye i Goma berekeza i Walikale, ryagabweho igitero n'abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi b'umutwe wa...

Icyorezo cya Ebola kiri muri Congo no muri Uganda kiraganirwaho n’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

Icyorezo cya Ebola kiri muri Congo no muri Uganda kiraganirwaho n’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

by radiotv10
16/06/2026
0

Icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda, kiri mu biganirwaho mu nama yo...

What’s going wrong in South Africa?

What’s going wrong in South Africa?

by radiotv10
15/06/2026
0

While watching the World Cup match between South Africa and Mexico last week, I was struck by the significant level...

BREAKING: Amasezerano ya America na Iran yagezweho anateganya ifungurwa rya Hormuz

BREAKING: Amasezerano ya America na Iran yagezweho anateganya ifungurwa rya Hormuz

by radiotv10
15/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran, bageze ku masezerano yo guhagarika burundu intambara yari imaze igihe, no gufungura umuhora...

Next Post
Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi na Bobi Wine yongeye gufata intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.