Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Wari uzi ko kwivuza nabi ‘Ikirimi’ bishobora gutera umuntu gutakaza ijwi burundu?

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in Uncategorized
0
Wari uzi ko kwivuza nabi ‘Ikirimi’ bishobora gutera umuntu gutakaza ijwi burundu?
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga mu ndwara zifata ubuhumekero, bavuga ko indwara ifata utunyama tuba mu kanwa izwi nk’Ikirimi, ivurirwa kwa muganga igakira mu gihe bamwe bajya kuyivuriza mu bavuzi gakondo bashobora no gukata utwo tunyama kandi bishobora gutera ingaruka zirimo no gutakaza ijwi.

Iyi ndwara ikunze gufata abana, ubusanzwe ivurirwa kwa muganga nk’uko izindi zose zihavurirwa mu gihe hari bamwe bajya mu bavuzi gakondo bazwi nka ba Rumashana.

Umwe mu bayirwaye akajya kuyivuriza mu bavuzi gakondo, avuga ko yavuwe bamukase utwo tunyama kandi agakira neza.

Dr Umuhoza Christian ni umuganaga w’abana mu bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, avuga ko hari bamwe bafite imyumvire itari yo kuri iyi ndwara.

Avuga ko turiya tunyama tubiri two mu kanwa dufite akamaro ku ko kubuza ibyo kurya cyangwa ibyo kunywa kutinjira mu bihaha.

Ati “Iyo umuntu yarwaye rero utwo tunyama turabyimba tugatukura yewe dushobora no kuzamo amashyira ni utwo rero abavuzi gakondo bahita bakata ariko iyo aje kwa muganga twebwe hari imiti tumuha ikabikamura agakira.”

Uyu muganga akomeza avuga abajya kwivuza mu bavuzi gakondo bagakata turiya tunyama bishobora kugira ingaruka zikomeye.

Ati “Umuntu ahorana inkorora ndetse ijwi rishobora no kugenda yewe ashobora no kuva cyane igihe bamukase akaba yapfa.”

Abahanga mu buvuzi bavuga ko ufite uburwayi nka buri iyo ageze kwa muganga abanza gufashwa kugabanyirizwa umuriro ubundi agahabwa imiti yica mikorobe zitera bwa burwayi.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Byiringiro Lague mbere yo kurongora yabatijwe mu mazi magari

Next Post

Mango 4G yahakanye ibyo kwirukana umukozi wayo imuziza ko atwite

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mango 4G yahakanye ibyo kwirukana umukozi wayo imuziza ko atwite

Mango 4G yahakanye ibyo kwirukana umukozi wayo imuziza ko atwite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.