Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutunganyamuziki wamamaye mu Karere uzwi nka Washington, yagaragaje urutonde rw’indirimbo 20 yatunganyije ariko bene zo bakaba baranze kumwishyura, barimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni, none yabahaye amasaha 24 ngo babe bamwishyuye ibitaba ibyo akabafatira icyemezo gikomeye.

Uyu mutunganyamiziki ufite izina rikomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko abo bantu yatunganyirije imiziki bakanga kumwishyura, bagomba kumwishyura bitarenze amasaha 24 batabikora agahita asibisha ibihangano byabo ku mbuga zose biriho.

Mu bandi yagaragaje ko yatunganyirije imiziki ntibamwishyure, barimo abahanzi bakomeye muri Uganda nka Bobi Wine, Cindy, Radio&Weasel, Bebe Cool, Jackie Chandiru na Juliana Kanyomozi.

Aba bahanzi bafite amazina aremereye mu karere, bamenyekaniye ku bihangano byatunganyijwe n’uyu mutunganyamiziki David Washington Ebangit nkuko abivuga.

Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Mbere, Washington yasohoye inyandiko isa nk’iburira aba yakoreye umuziki ntibamwishyure ko bamwishyura mu maguru mashya.

Mu ndirimbo 20 yagaragaje yatunganyije ntaryeho n’urupfusha, harimo iya Museveni izwi nka ‘Kwezi Kwezi’, aho yavuze ko yayitunganyije yiyushye akuya.

Yagize ati “Kuva mu myaka yatambutse natunganyije imiziki yahinduriye ubuzima benshi. Nageze ku ntego nashakaga bityo rero nkeneye guhabwa ubwishyu bw’ibikorwa byanjye byose.”

Yakomeje agira ati “Abantu benshi bari gusarurira mu mbaraga zanjye natakaje ariko ndabizi neza ko Imana izahana buri wese utarazirikanye ngo anyishyure.”

Yasoje agira ati “Mbahaye amasaha 24 bakaba batangiye kunyishyura bitaba ibyo ibihangano byabo bikava ku mbuga zose z’ikoranabuhanga.”

 

Indirimbo 20 yagaragaje ko agomba kwishyurwa

  1. Don’t Cry – (Wizkid ft Goodlife)
  2. Talk and Talk (Goodlife)
  3. Ngenda Maaso (Goodlife)
  4. Juicy Juicy (Goodlife)
  5. Breath Away (Goodlife)
  6. Fire Anthem (East African Bashment Crew)
  7. Wendi (Bobi Wine)
  8. Adam ne Eva (Bobi Wine)
  9. One and Only (Cindy)
  10. Gold Digger (Jackie Chandiru)
  11. Vitamin (Lilian Mbabazi)
  12. Love Letter (Lilian Mbabazi)
  13. Kwezi Kwezi (M7)
  14. Ayokyayokya (Cindy)
  15. Ediba (Juliana Kanyomozi)
  16. Akama (Sama Sojah)
  17. Number Emu (Goodlife)
  18. Lonely (Bebe Cool)
  19. Kintu Riddim
  20. Fire Burn Dem (Bebe Cool and Dizzy Nuts)

 RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu

Next Post

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.