Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko yahaye umwe mu bayobozi b’Akagari amafaranga ibihumbi 100 Frw ngo yubake, ariko bakaza kumusenyera, yaguye igihumure ubwo bakuragaho inzu ye.

Uyu muturage witwa Niyibizi, yaguye igihumure ubwo yasenyerwaga mu gitondo cyo ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 28 Gashyantare 2023.

Umugore w’uyu muturage yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bwazindutse buza gusenya iyi nzu bari bamaze igihe gito bubatse mu gihe bari begereye Umukozi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu (SEDO) mu Kagari kabo ka Gisa ngo abafashe kugira ngo bubake iyi nzu yasenywe.

Ngo aho kubayobora inzira banyuramo kugira ngo bubake mu buryo bunyuze mu mucyo, uyu muyibozi yabasabye ko bamuha amafaranga ibihumbi 100 Frw ababwira ko bakubaka nta byangombwa kandi ko ntakibazo na kimwe bazagira.

Yagize ati “Ubwo rero turavuga ngo kuba dufite agaparisele, reka dushingemo akazu turamushaka uriya witwa SEDO ni we twashatse atwemerera ko tugomba kuyubaka, twamuhaye ijana [100 000Frw].”

Uyu SEDO w’akagari ka Gisa, Theogene Ndikunkiko we yahakanye ibitangazwa n’uyu mutura ko bamuhaye ayo mafaranga ati “Ni uguharabika ibyo bintu ntibyigeze bibaho.”

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gisa bagaragaza ko bajya mu nzego z’ubuyobozi kugira ngo babahe uburenganzira bwo kubaka ariko izo nzego zikabagora zibaha impamvu zitandukanye bagahitamo kunyura iy’ubusamo.

Umwe yagize ati “None se uragira ngo iyi nzu wayubaka ubuyobozi butabizi, ntabwo yapfa kubakwa butabizi nubwo baje bakayihirika kandi ntabwo wamugeraho ntacyo witwaje, wamugeraho ntutange Fanta?”

Umumyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste we avuga ko ikibazo cy’abayobozi bayobya abaturage ntacyo azi ariko ngo haramutse hari umuyobozi wishora muri ibyo bikorwa yabiryozwa.

Yagize ati “Umukozi wijanditse mu byaha bya ruswa yabiryozwa no mu buryo bw’amategeko ari administrative bikurikije ibyo yaba yakoze.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − ten =

Previous Post

Nabifashe nk’urwenya- Perezida Kagame asubiza Tshisekedi wavuze ko ashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.