Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko yahaye umwe mu bayobozi b’Akagari amafaranga ibihumbi 100 Frw ngo yubake, ariko bakaza kumusenyera, yaguye igihumure ubwo bakuragaho inzu ye.

Uyu muturage witwa Niyibizi, yaguye igihumure ubwo yasenyerwaga mu gitondo cyo ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 28 Gashyantare 2023.

Umugore w’uyu muturage yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bwazindutse buza gusenya iyi nzu bari bamaze igihe gito bubatse mu gihe bari begereye Umukozi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu (SEDO) mu Kagari kabo ka Gisa ngo abafashe kugira ngo bubake iyi nzu yasenywe.

Ngo aho kubayobora inzira banyuramo kugira ngo bubake mu buryo bunyuze mu mucyo, uyu muyibozi yabasabye ko bamuha amafaranga ibihumbi 100 Frw ababwira ko bakubaka nta byangombwa kandi ko ntakibazo na kimwe bazagira.

Yagize ati “Ubwo rero turavuga ngo kuba dufite agaparisele, reka dushingemo akazu turamushaka uriya witwa SEDO ni we twashatse atwemerera ko tugomba kuyubaka, twamuhaye ijana [100 000Frw].”

Uyu SEDO w’akagari ka Gisa, Theogene Ndikunkiko we yahakanye ibitangazwa n’uyu mutura ko bamuhaye ayo mafaranga ati “Ni uguharabika ibyo bintu ntibyigeze bibaho.”

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gisa bagaragaza ko bajya mu nzego z’ubuyobozi kugira ngo babahe uburenganzira bwo kubaka ariko izo nzego zikabagora zibaha impamvu zitandukanye bagahitamo kunyura iy’ubusamo.

Umwe yagize ati “None se uragira ngo iyi nzu wayubaka ubuyobozi butabizi, ntabwo yapfa kubakwa butabizi nubwo baje bakayihirika kandi ntabwo wamugeraho ntacyo witwaje, wamugeraho ntutange Fanta?”

Umumyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste we avuga ko ikibazo cy’abayobozi bayobya abaturage ntacyo azi ariko ngo haramutse hari umuyobozi wishora muri ibyo bikorwa yabiryozwa.

Yagize ati “Umukozi wijanditse mu byaha bya ruswa yabiryozwa no mu buryo bw’amategeko ari administrative bikurikije ibyo yaba yakoze.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 7 =

Previous Post

Nabifashe nk’urwenya- Perezida Kagame asubiza Tshisekedi wavuze ko ashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.