Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nko kwihimura: Abamotari basobanuye impamvu nijoro badakoresha mubazi bakanahenda abagenzi

radiotv10by radiotv10
13/05/2022
in MU RWANDA
1
Ni nko kwihimura: Abamotari basobanuye impamvu nijoro badakoresha mubazi bakanahenda abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko kimwe mu bituma badakoresha mubazi mu masaha y’umugoroba ari ukuba baba biriwe bazikoresha bacibwa amafaranga n’ubu batarumva igisobanuro cyayo bashaka kugaruriza mu masaha y’ijoro.

Bamwe mu bakunze gutega moto mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko mu masaha y’umugoroba ibiciro by’ibi binyabiziga biba byikubye kabiri kandi abamotari ntibemere gukoresha mubazi zashyizweho mu buryo bwo kwishyurana.

Umwe yagize ati “Nk’ubu izi saha [hari saa cyenda z’amanywa] ariko mu masaha agiye kuza saa kumi n’ebyiri cyangwa saa moya, araba ari igihumbi na maganarindwi.”

Aba bakunze gutega moto bavuga ko abamotari bababeshya ko mubazi zapfuye ndetse bakaberurira ko iyo bakoresheje izo mubazi bagwa mu gihombo kuko hari amafaranga bacibwa n’ubu batarumva aho ajya n’impamvu bayacibwa.

Abamotari na bo biyemerera ko mu masaha y’umugoroba badashobora gukoresha mubazi kandi ko bahenda abagenzi koko ariko ko hari impamvu babikora.

Umwe yagize ati “Buriya ku mugoroba mpagereranya no mu mvura, buriya mu mvura iyo umuntu yemeye kunyagirwa ntabwo yazana mubazi, na nijoro kubera ijoro nta mugenzi uri bubone ugarura, mubazi na yo ikubera imbogamizi kuko iba yaguhenze ukabura n’uwo ugarura.”

Umuyobozi ushinzwe Ishami rishinzwe Abamotari mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe (RURA), Peter Mubiligi avuga ko iki kibazo cy’abamotari batakikoza Mubazi mu masaha y’umugoro bakizi ariko ko bari kukivugutira umuti.

Uyu muyobozi muri RURA yibukije abamotari ko gukoresha mubazi ari itegeko, ati “Ikindi ku bagenzi barasabwa gusaba umumotari kuyikoresha [mubazi] aho yaba ari hose.”

Kuva tariki 07 Mutarama 2022, gukoresha mubazi byari itegeko mu Mujyi wa Kigali ariko byageze tariki 13 Mutarama bihindura isura nyuma y’uko Abamotari biraye mu mihanda bagakora imyigaragambyo, ibikorwa byo kugenzura ikoreshwa ry’iri koranabuhanga, byabaye bihagaritswe.

Tariki 25 Gashyantare 2022 habaye inama idasanzwe yahuje inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, RURA ndetse n’abahagarariye abamotari, yanzuye ko Mubazi yongera kuba itegeko ariko yongera amafaranga y’ibilometero bibiri bya mbere yagizwe 400 Frw mu gihe mbere yari 300 Frw.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndahayo frodouard says:
    4 years ago

    Njyewe ntabwo nzajya ntega moto kuko irahenze Ku rwego rwo hejuru nzajya ntega imodoka

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Bitunguranye urubanza rwa Prince Kid rwashyizwe mu muhezo, we yifuzaga ko Abanyarwanda bose barukurikirana

Next Post

Djihad umaze umwaka asezeranye mu idini yasabye anakwa umukunzi we (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Djihad umaze umwaka asezeranye mu idini yasabye anakwa umukunzi we (AMAFOTO)

Djihad umaze umwaka asezeranye mu idini yasabye anakwa umukunzi we (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.