Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Hakizimana Muhadiri yaravutse, i Athènes byari ibyishimo Olempike….ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
13/08/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Hakizimana Muhadiri yaravutse, i Athènes byari ibyishimo Olempike….ibyaranze uyu munsi mu mateka

Rwanda's Muhadjiri Hakizimana (L) vies for the ball with Morocco's Naoufel Zerhouni (R) during the African Nations Championships (CHAN) football match between Morocco and Rwanda at Stade de la Reunification in Douala, Cameroon, on January 22, 2021. (Photo by Daniel BELOUMOU OLOMO / AFP) (Photo by DANIEL BELOUMOU OLOMO/AFP via Getty Images)

Share on FacebookShare on Twitter

Turi Kuwa Gatanu  w’itariki ya 13 Kanama 2021, ni umunsi wa 225 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 140 ngo uyu mwaka urangire, uyu ni  uwa Kane wa 33  kuva 2021 yatangira, iki turimo  ni icyumweru cya 33 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.

Ni umunsi mpuzamahanga w’abantu bakoresha ukuboko ku imoso.

Muri Repubulika ya Centrafrika barizihiza imyaka 60 ishize babonye ubwigenge.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Hakizimana Muhadjiri (1994)Yujuje imyaka 27 rutahizamu wa Police FC yagiyemo uyu mumwaka avuye muri AS Kigali n’ikipe y’igihugu Amavubi.

Muhadjiri yanyuze mu makipe nka  Etincelles,  Kiyovu Sports, Mukura Victory, APR FC na Emirates fc yo muri Leta zunze ubumwe z’abarabu na As Kigali aherutsemo.

PNL: Musanze FC yatsindiwe mu rugo na AS Kigali mu mukino wa mbere (Amafoto  20) - Amizero

Hakizimana Muhadjiri aheruka muri AS Kigali basozanyije ku mwanya wa kabiri mbere yo kujya muri Police FC

Yinjiye mu ikipe y’igihugu Amavubi ku ya 03 Ugushyingo 2016, ahita anatsinda igitego mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afrika cya 2017, u Rwanda rwanganyijemo na Ghana  1-1.

2.Benjani Mwaruwari ( 1978)Yujuje 43, uwahoze ari Rutahizamu Manchester City n’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe.

Yanyuze mu makipe nka Jomo Cosmos, Grasshopper Club Zürich, Auxerre, Portsmouth, Sunderland, Blackburn Rovers, Chippa United na Bidvest Wits. Mu ikipe y’igihugu ya Zimbabwe yabakiniye imikino 42 ayitsindira ibitego 10.

3.Riqui Puig (1999)Yujuje imyaka 22, umunya-Esipanye ukina hagati mu kibuga muri FC Barcelona.

4.Presnel Kimpembe (1995)

Presnel Kimpembe: “It means a lot to be able to have PSG youth products on  the pitch, it shows that there is soul in this club.” | Get French Football  News

Yujuje imyaka 26, myugariro w’umufaransa ufite inkomoko muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa akaba ari nayo yakuriyemo

Uyu musore yakiniye ikipe y’igihugu ya Kongo Kinshasa y’abatarengeje imyaka 20 umukino umwe yaje guhindura akinira u Bufaransa nabwo ahera mu batarengeje imyaka 20, akomereza mu ikipe y’igihugu nkuru amaze gukinira imikino icyenda akaba yari kumwe nayo batwara igikombe cy’isi cya 2018.

5.Lucas Moura (1992)Yujuje imyaka 29, umukinnyi w’umunya-Brazil ukina asatira aca ku mpande muri Tottenham n’ikipe y’igihugu ya Brazil.

How Lucas Moura found time for Brazilian fan during Tottenham stadium tour  | Shropshire Star

Yanyuze mu makipe nka São Paulo na Paris Saint-Germain ari nayo yavuyemo aza muri Tottenham▪️Mu ikipe y’igihugu ya Brazil amaze kuyikinira imikino 35 yayitsindiye ibitego bine, yatwaranye nayo igikombe mpuzamigabane cyo muri 2013.

6.Alan Shearer (1970)Yujuje imyaka 51,icyamamare muri shampiyona y’u Bwongereza, wahoze akina nka Rutahizamu wa Newcastle united n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Yanyuze mu makipe nka Southampton, Blackburn Rovers na Newcastle United ari nayo yakoreyemo amateka anaciramo uduhigo tugiye dutandukanye, nko kuba ariwe umaze kuyitsindira ibitego byinshi 206, uyu mugabo kandi niwe umaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona y’u Bwongereza (260) harimo penaliti 58, ni nawe watsinze ibitego bitatu mu mukino umwe inshuro nyinshi (11) muri shampiyona y’u Bwongereza.

Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yabakiniye imikino 63 abatsindira ibitego 30.

Ibihe byingenzi uba udakwirengagiza

Ni Ibihe bihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi

1948 : ikipe Y’igihugu ya Leta zunze ubumwe za Amerika y’umukino wa Basketball yisubije umudali wa zahabu Olempike nyuma yo gutsinda iy’u Bufaransa amanota 65-21, mu mikino Olempike yabereye i Londres mu Bwongereza.

1993 : Mu mujyi wa Stuttgart, mu Budage, hafunguwe imikino ngororamubiri y’isi yari igiye kuba ku nshuro ya kane.

The AP predicts a record year for Israel at the Olympics – J.

2004 : i Athènes mu Bugeleki hafunguwe ku mugaragaro imikino Olempike yari igiye gukinwa ku nshuro ya 28.

2008: Umunyamerika Michael Phelps yatwaye imidali itatu ya zahabu Olempike mu koga, mu mikino Olempike yabereye i Beijing mu Bushinwa.

2016: Mo Farah, umwongereza usiganwa ku maguru yegukanye umudali wa zahabu Olempike mu kwirukanka metero ibihumbi bitanu n’ibihumbi 10 nk’uko yari yabigenje mu mikino Olempike yabereye yabereye i Londres, umunyakenya Paul Tanui yaje ku mwanya wa kabiri.

Olympic Japan 2021 | Games Competition

Mo Farah umukinnyi w’imikino ngororamubiri wubatse izina

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + sixteen =

Previous Post

#2022FIFAWCQ: Uganda Cranes iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda izakorera umwiherero muri Jordania

Next Post

Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima

Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.