Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

#10Sports : Bimwe mu byaranze tariki ya 02 Ugushyingo mu Siporo

radiotv10by radiotv10
02/11/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SIPORO
0
#10Sports : Bimwe mu byaranze tariki ya 02 Ugushyingo mu Siporo
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa Kabiri w’itariki ya 02 Ugushyingo 2021, ni umunsi wa 306 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 59 ngo umwaka urangire, Turi kuwa Kabiri wa   44 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 45 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.

 

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu

  1. Alphonso Davies (2000)

Yujuje imyaka 21, umunya-Liberia w’umunya-Canada ukina aca ku mpande asatira cyangwa yugarira muri Bayern München amaze gukinira imikino 67 n’ikipe y’igihugu ya Canada.

 

▪Alphonso Boyle Davies Yavukiye mu nkambi y’impunzi ya Buduburam iherereye muri Ghana, abyarwa n’ababyeyi b’abanya Liberia, bari barahunze intambara yari iwabo, ubwo yari afite imyaka itanu (5), Alphonso n’umuryango bimukiye Edmonton muri Canada ari naho yatangiriye gukina umupira w’amaguru.

 

▪ Davies yinjiye muri Whitecaps FC 2, ayivamo ajya muri Vancouver Whitecaps FC, aba umukinnyi wa mbere wavutse mu myaka y ibihumbi bibiri, ukinnye shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yavuyemo yerekeza muri Bayern München muri 2019

 

▪ Ibitego bibiri yatsinze bakina na Guiyana, byatumye aba umukinnyi ukiri muto utsindiye ikipe y’igihugu ya Canada, anaba kandi umukinnyi muto utsinze muri CONCACAF, anaba umukinnyi wa mbere ukiri muto  utsindiye ikipe y’igihugu cye igitego mu marushanwa yo ku rwego rwo hejuru, kuri ubu amaze gukinira Canada imikino 28,yayitsindiye ibitego 10.

  1. Stevan Jovetić (1989)

 

Yujuje imyaka 32, umunya-Montenegro ukina nka Rutahizamu muri Hertha BSC yagiyemo uyu mwaka avuye ,mu bufaransa muri As Monaco n’ikipe y’igihugu ya Montenegro.

 

▪Yakiniye amakipe nka  Fiorentina, Sevilla, Inter Milan, Manchester City n’ikipe y’igihugu ya Montenegro amaze gukinira imikino 62 yayitsindiye ibitego 31.

3.Lucien Favre   (1957)

Yujuje imyaka 64, Umusuwisi utoza Borussia Dortmund, yatoje kandi Servette fc, Hertha Berlin na Borussia Mönchengladbach.

  1. Vitolo (1989)

Yujuje imyaka 32, Umwespanyol ukina asatira muri → Getafe (loan) Atlético Madrid n’ikipe y’igihugu ya Esipanye.

 

▪ Víctor Machín Pérez bita Vitolo yanyuze mu makipe nka Las Palmas, Sevilla, Atlético Madrid n’ikipe y’igihugu ya Esipanye yakiniye imikino 12 akayitsindira ibitego bine.

 

  1. Diego Lugano (1980)

 

Yujuje imyaka 41, umunya-Uruguay wahoze akina nka myugariro w’amakipe nka Plaza Colonia, Club Nacional de Football, São Paulo, Fenerbahçe, Paris Saint-Germain, Malaga, West Bromwich Albion n’ikipe y’igihugu ya Uruguay yakiniye imikino 95, akayitsindira ibitego icyenda yanatwaranye nayo Copa América ya 2011.

  1. Rafael Márquez Lugo (1981)

Yujuje imyaka 40, umunya-Mexique wakinaga nka Rutahizamu muri Guadalajara n’ikipe y’igihugu ya Mexique yakiniye imikino 12 akayitsindira igitego kimwe.

  1. Charles Itandje (1982)

Yujuje imyaka 39,umunya-Cameroun wahoze akina mu izamu rya Liverpool n’ikipe y’igihugu ya Cameroon yakiniye imikino 12.

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu

 

↗ 2005 :Ferruccio Valcareggi, Umutaliyani wakinaga umupira w’amaguru, wakinaga hagati mu kibuga muri Bologna Atalanta n’ikipe y’igihugu y’u Butataliyani yafashije gutwara igikombe cy’isi cy’1974,yitabye Imana afite imyaka 86.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi

↗ 1895 : Bwa mbere mu mateka y’isi, hateguwe irushanwa ryo gusiganwa mu madoka,

Ni isiganwa ryabereye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, hitabiriye amamodoka atandatu hasoza ebyiri.

↗ 1929: Matt Busby yakinnye  umukino we wa mbere muri Manchester united, mu mukino bahuragamo na Middlesborough

 

↗ 1986: Boris Becker, umudage wakinaga umukino wa Tennis, yatwaye amarushanwa atatu mu cyumweru kimwe kandi ku migabane itatu itandukanye.

 

Yatwaye Paris open atsinze Umwespanyol Sergio Casal, mbere y’aho gato yatwaye amarushanwa muri, Australia no mu Buyapani.

 

↗ 1990 umukino Golden States warriors Yatsinzemo Denver nuggets amanota 162-158, niwo mukino wa NBA wabonetsemo amanota menshi, hatakinwe uduce tw’inyongera (Overtime)

 

↗1991: ku nshuro ya kabiri hakinwa igikombe cy’isi cya Rugby, cyegukanywe na Australia itsinze u Bwongereza amanota 12-6

 

↗ 2011: Cristiano Ronaldo yatsindiye Real Madrid igitego cy’100, bimusabye imikino 105, hari mu mukino wa Champions League Real Madrid yatsinzemo olympique Lyonnais 2-0

 

↗ 2019: ku nshuro ya cyenda hakinwa igikombe cy’isi cya Rugby, Afrika y’epfo yacyegukanye itsinze u Bwongereza amanota 32-12, ni irushanwa ryabereye Yokohama mu Buyapani,cyari igikombe cya gatatu Afrika y’Epfo itwaye.

 

2014 : Ku munsi wa 5 wa Shampiyona, ikipe ya APR FC yafashe ku mwanya wa  mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sport FC ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 02/11/2014.

APR FC yahiriwe n’uyu mukino hakiri kare cyane kuko kuri koruneri yabonetse ku munota wa mbere Ismael Nshutinamagara bahimba Kodo yahise atsinda igitego cyaciye cyane intege ikipe ya Rayon Sport FC n’abafana bayo umukino ugitangira.

Abakinnyi ba APR FC bahiriwe no gucika intege kwa Rayon Sport FC bari babanje igitego rugikubita baza kuyitsinda ikindi gitego nyuma y’iminota 12 igice cya kabiri gitangira aho Sibomana Patrick yacunze uko umuzamu ahagaze amutsinda igitego kiza. Benshi mu ba Rayon babona ko ibyo gutsinda birangiye.

Ahagana ku munota wa 80 ushyira 81 ku ishoti ryatewe neza n’umukinnyi wa Rayon Sport FC, Karim Nizigiyimana, umukinnyi Peter Otema yashyize umupira ku mutwe awuboneza mu rushundura umuzamu wa APR FC n’abakinnyi bayoberwa uko bigenze, Rayon iba yishyuye icya mbere. Umukino warangiye gutyo ku bitego 2kuri kimwe cya Rayon sports

APR FC yahise ijya ku mwanya wa mbere n’amanota 13, Rayon  iya 2 n’amanota 10, Amagaju yaje ku mwanya wa 3 n’amanota 9. Mu yindi mikino imwe n’imwe yabaye ku munsi nkuyu icyo gihe Marines yatsinze  Police 3-1, AS Kigali inganya na Mukura 0-0, Etincelles itsindira Espoir iwayo 1-0, Amagaju atsindira Sunrise I Rwamagana 2-1, Kiyovu inganya n’Isonga 1-1, naho Gicumbi itsindirwa iwayo 1-0 na Musanze.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 11 =

Previous Post

Uyu munsi imikino ya Shampiyona irakomeza umukino ukomeye ni Derby y’umujyi wa Kigali

Next Post

Abatuye mu murenge wa Cyanzarwe bahangayikishijwe n’isoko ryabo bamaze imyaka ine barikoreramo imvura ibanyagira

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatuye mu murenge wa Cyanzarwe bahangayikishijwe n’isoko ryabo bamaze imyaka ine barikoreramo imvura ibanyagira

Abatuye mu murenge wa Cyanzarwe bahangayikishijwe n’isoko ryabo bamaze imyaka ine barikoreramo imvura ibanyagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.