Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gutwara TourDuRwanda 2023 birashoboka-Min. Mimosa yashimye uko Abanyarwanda bitwaye muri TdRda2022

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Gutwara TourDuRwanda 2023 birashoboka-Min. Mimosa yashimye uko Abanyarwanda bitwaye muri TdRda2022
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yashimye abakinnyi b’Abanyarwanda uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2022, abasaba kuzakora ibirenze ku buryo irushanwa ry’umwaka utaha bazaryegukana.

Ministiri Aurore Mimosa Munyangaju, yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare ubwo yahuraga n’abakinnyi b’Abanyarwanda bakinnye irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Rwanda.

Minisitiri Mimosa aganiriye n’aba bakinnyi nyuma y’umunsi umwe bakinnye agace ka nyuma k’iri rushanwa kakinwe kuri iki Cyumweru tariki 27 Gashyantare kakegukanwa n’Umunyarwanda Mugisha Moise.

Yagize ati “Ndabashimira ku ntambwe mwagezeho ugereranyije n’umwaka ushize.”

Aka gace ka nyuma kegukanywe n’Umunyarwanda, kari katangijwe na Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru i Rebero aho kanasorejwe.

Ministiri Mimosa, yavuze ko kuza kwa Perezida wa Repubulika, ari ukwereka aba bakinnyi b’Abanyarwanda ko akurikira uyu mukino w’amagare kandi ko yifuza ko Tour du Rwanda igera ku rundi rwego.

Yagize ati “Twanamugejejeho ubutumwa bwanyu ko mumushimira.”

Abakinnyi b’Abanyarwanda, bavuze ko iyo bitabira amarushanwa mpuzamahanga, byari kurushaho gutuma bitwara neza kurushaho.

Minisitiri Mimosa yavuze ko amarushanwa menshi akenewe kandi ko bizashyirwa mu bikorwa kandi ko n’uburyo bitwaye byagenze neza.

Ati “Uko abakinnyi bitwaraga byatwerekaga ko mukomeye ko stage tuzayitwara, mwabigezeho, mwagaragaje ishyaka, izo mbaraga muzikomeze, mukorere hamwe ntabwo watera imbere udakoranye n’abandi.”

Yakomeje agira ati “Byatweretse ko 2023 gutwara Tour du Rwanda bishoboka. Dukore ibishoboka byose twitegure neza kandi kare, tuzavuge ikindi gitero kitari iki.”

Yavuze kandi ko shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare izabera mu Rwanda muri 2025 yegereje, asaba aba basore kwitegura neza.

Ati “kuko ntidushaka kwakira gusa, turazashaka no kuzahataha muri Shampiyona y’Isi ya 2025.”

Perezida w’Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare, Murenzi Abdallah na we wagarutse ku kuba Umunyarwanda yaregukanye agace kuva Tour du Rwanda yazamurwa ku gipimo cya 2.1, yavuze ko bitanga icyizere ko mu bihe biri imbere, abanyarwanda bazarushaho kwitwara neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Next Post

Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.