Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Afurika iramagana ivangura riri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine mu bikorwa byo guhunga

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
Afurika iramagana ivangura riri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine mu bikorwa byo guhunga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wamaganye ibiri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine bari kwangirwa guhunga, usaba ko ibi bikorwa by’ivanguraruhu bihagarara.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022, rivuga ko uyu muryango utewe impungenge n’ibiri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine.

Kuva intambara yatera muri Ukraine, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara amashusho y’abari guhunga, bajya muri za Gari ya Moshi ariko Abirabura bangiwe kwinjiramo ahubwo hinjiza abazungu gusa.

Iri tangazo ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ryasohowe na Perezida wa Senegal, Macky Sall, unayoboye uyu muryango ndetse na Perezida ya Komisiyo yawo, Moussa Faki Mahamat, rivuga ko bababajwe na raporo zigaragaza ko Abanyafurika bari muri Ukraine bangiwe kwambukiranya umupaka bava muri Ukraine.

Iri tangazo rigira riti “Aba bayobozi bombi baributsa ko abaturage bose bafite uburenganzira bwo kwambukiranya imipaka mu gihe hari imvururu.”

Rikomeza rivuga ko Abanyafurika bakwiye guhabwa uburenganzira nk’ubw’abandi mu guhunga intambara iri kubera muri Ukraine.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uvuga ko ibi bikorwa biri gukorerwa Abanyafurika bigaragaza ivanguraruhu ribabaje ryamaganwa n’amategeko mpuzamahanga.

Riti “Ku bw’iyo mpamvu abayobozi bombi baraburira ibihugu byose kubaha amategeko mpuzamahanga kandi bagafasha abaturage bose guhunga intambara hatitawe ku ruhu rwabo.”

Aba bayobozi b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, basabye Ibihugu binyamuryango, kuvugana na za Ambasade zabyo muri Ukraine kubafasha guhungira mu bihugu by’ibituranyi by’iki kirimo intambara.

Mu cyumweru gishize uyu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wari wasohoye itangazo ryamagana ibikorwa by’u Burusiya muri Ukraine, usaba iki Gihugu kubaha amategeko mpuzamahanga ndetse n’ubutavogerwa n’ubusugire bwa Ukraine.

Afurika Yunze Ubumwe yari yasabye ibi bihugu byombi kuyoboka inzira z’ibiganiro, bigafashwamo n’Umuryango w’Abibumbye kugira ngo iyi ntamara ihoshe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 3 =

Previous Post

Ukraine: Umuhinzi yibye igifaru cy’Abarusiya agisanze aho cyari giparitse

Next Post

MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.