Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Afurika iramagana ivangura riri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine mu bikorwa byo guhunga

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
Afurika iramagana ivangura riri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine mu bikorwa byo guhunga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wamaganye ibiri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine bari kwangirwa guhunga, usaba ko ibi bikorwa by’ivanguraruhu bihagarara.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022, rivuga ko uyu muryango utewe impungenge n’ibiri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine.

Kuva intambara yatera muri Ukraine, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara amashusho y’abari guhunga, bajya muri za Gari ya Moshi ariko Abirabura bangiwe kwinjiramo ahubwo hinjiza abazungu gusa.

Iri tangazo ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ryasohowe na Perezida wa Senegal, Macky Sall, unayoboye uyu muryango ndetse na Perezida ya Komisiyo yawo, Moussa Faki Mahamat, rivuga ko bababajwe na raporo zigaragaza ko Abanyafurika bari muri Ukraine bangiwe kwambukiranya umupaka bava muri Ukraine.

Iri tangazo rigira riti “Aba bayobozi bombi baributsa ko abaturage bose bafite uburenganzira bwo kwambukiranya imipaka mu gihe hari imvururu.”

Rikomeza rivuga ko Abanyafurika bakwiye guhabwa uburenganzira nk’ubw’abandi mu guhunga intambara iri kubera muri Ukraine.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uvuga ko ibi bikorwa biri gukorerwa Abanyafurika bigaragaza ivanguraruhu ribabaje ryamaganwa n’amategeko mpuzamahanga.

Riti “Ku bw’iyo mpamvu abayobozi bombi baraburira ibihugu byose kubaha amategeko mpuzamahanga kandi bagafasha abaturage bose guhunga intambara hatitawe ku ruhu rwabo.”

Aba bayobozi b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, basabye Ibihugu binyamuryango, kuvugana na za Ambasade zabyo muri Ukraine kubafasha guhungira mu bihugu by’ibituranyi by’iki kirimo intambara.

Mu cyumweru gishize uyu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wari wasohoye itangazo ryamagana ibikorwa by’u Burusiya muri Ukraine, usaba iki Gihugu kubaha amategeko mpuzamahanga ndetse n’ubutavogerwa n’ubusugire bwa Ukraine.

Afurika Yunze Ubumwe yari yasabye ibi bihugu byombi kuyoboka inzira z’ibiganiro, bigafashwamo n’Umuryango w’Abibumbye kugira ngo iyi ntamara ihoshe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Ukraine: Umuhinzi yibye igifaru cy’Abarusiya agisanze aho cyari giparitse

Next Post

MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.