• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in Uncategorized
0
Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinze Iterambere RDB  rwafatiye ibihano Hoteli Hilltop na Country Club kubera gutanga serivisi zitanoze mu bihe bya Tour du Rwanda yasojwe mu cyumweru gishize.

Itangazo rya RDB ryasohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, rivuga ko nyuma ya Raporo yagaragaje imitangire itanoze yaranze Hotel Hilltop na Country Club mu bihe bya Tour du Rwanda, “RDB irifuza kumenyesha abantu ko baciwe amande y’ibihumbi 300 Frw kandi zahawe umuburo.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “RDB iributsa abari mu bikorwa by’Ubukerarugendo no kwakira abantu ko bafite inshingano zo gutanga serivisi zinoze ku bakiliya.”

Ni ibihano byagiye bigarukwaho na bamwe barimo abashimye RDB kuba yafatiye ibihano ibi bigo kubera imitangire ya serivisi zitanoze.

Gusa hari n’abanenze ibi bihano, bavuga ko ari bito ugereranyije n’ibishobora kwangirika bitewe n’imitangire mibi ya serivisi.

ANNOUNCEMENT
Following reports of poor service delivery by Hotel Hilltop and Country Club during the just concluded Tour du Rwanda, Rwanda Development Board would like to inform the general public that the establishment has been fined Rwf 300,000 and issued a warning. pic.twitter.com/auvOx6TnzH

— Rwanda Development Board (@RDBrwanda) March 1, 2022

Uwitwa Kagabo Venuste yagize ati “Ibihano bya 300.000 Frw mu gihe binjije 30.000.000 Frw murumva ibyo ari ikibazo kuri bo?”

Kagabo Venuste akomeza avuga ko aramutse afite business yakwemera gufatirwa ibihano nk’ibi mu gihe yaba yizeye kuzinjiza Miliyoni 30 Frw. Ati “Mbere na mbere mutubwire ayo binjiza ubundi tubone gutanga ibitekerezo.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, cyagiye gifatira ibihano Hoteli, utubari ndetse na za Resitora zabaga zarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 aho zimwe zanafungwaga mu gihe runaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Burera: Binubira kuba abana babo birirwa bazerera, ubuyobozi buti “Nimwe mufite igisubizo”

Next Post

Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.