• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma usanzwe afitanye amakimbira n’umugore we, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho gushaka gutema umugore we akamubura ubundi akadukira ibitoki bye, akabitemagura kubera umujinya.

Uyu mugabo ubu ucumbikiwe kuri station ya RIB ya Rukumberi, aho akurikiranyweho ibi bikorwa yakoze kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Werurwe 2022.

Amakuru aturuka mu baturanyi, avuga ko uyu mugabo w’imyaka 32 asanzwe afitanye amakimbirane n’umugore we ndetse ko inzego zari zarabyinjiyemo zirimo na RIB.

Umugore w’uyu mugabo ubu uri mu maboko y’inzego z’ubutabera, yari yaguze ibitoki 28 kuko asanzwe abicuruza, ubundi umugabo we we aho aziye baratongana rubura gica.

Umugabo ngo yahisemo kujya kuzana umuhoro ngo ateme umugore we ariko undi akizwa n’amaguru aho ahinduriye aramubura, ariko iby’umujinya biramwangira ahitamo gutemagura ibyo bitoki.

Buhiga Josue uyobora Umurenge wa Rukumberi, yemeye ko ibi byabaye avuga ko uyu mugabo yari ugambiriye gutema umugore ariko yaza akamubura.

Ati “Yavuze kuzana umuhoro amubuze atemagura bya bitoki byose ku bw’amahirwe inzego z’umutekano ziratabara ziramufata.”

Uyu muyobozi avuga ko ubwo inzego zatabaraga ngo zigerageza gucururutsa uyu mugabo, yanze kuva ku izima ahubwo ashaka kongera gutema umugore we ariko barakomakoma ari na bwo yahitaga ajyanwa kuri RIB.

Ibitoki byatemaguwe n’uyu mugabo (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 19 =

Previous Post

NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga

Next Post

Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2

Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.