Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda mu Bihugu bitanu bya nyuma ku Isi mu byishimo by’abaturage

radiotv10by radiotv10
21/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda mu Bihugu bitanu bya nyuma ku Isi mu byishimo by’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo nshya ku byishimo by’Ibihugu ku Isi, igaragaza ko u Rwanda ruri muri bitanu bya nyuma aho ruri ku mwanya w’ 144 rukaba rukurikirwa n’Ibihugu bibiri gusa (Zimbabwe na Afghanistan).

Iyi raporo izwi nka World Hapiness, ishingira ku makuru yatanzwe mu mwaka wa 2021 areba ku nzego esheshatu zinyuranye zirimo umusaruro mbumbe w’abaturage, ubufasha bahabwa, icyizere cyo kuramba, ubwisanzure bwo kubaho ubuzima bw’amahitamo ya muntu ndetse n’ibijyanye na ruswa.

Ibihugu bya mbere, ni ibyo mu majyaruguru y’u Buruyi aho uru rutonde ruyobowe na Finland ifite amanota 7 842, igakurikirwa na Denmark ifite amanota 7 620, Switzerland ikagira amanota 7 571, Iceland ikagira 7 554.

Ibihugu 10 bya mbere:

  1. Finland (7 842)
  2. Denmark (7 620)
  3. Switzerland (7 571)
  4. Iceland (7 554)
  5. Netherlands (7 464)
  6. Norway (7 392)
  7. Sweden (7 363)
  8. Luxambourg (7 324)
  9. New Zealand (7 277)
  10. Austria (7 268)

U Rwanda muri bitanu bya nyuma

Iyi raporo ikorwa ku ngunga y’Umuryango w’Abibumbye, igaragaza ko u Rwanda ruri mu Bihugu bitanu bya nyuma, biyobowe na Afghanistan ya nyuma iri ku mwanya w’ 146 ifite amanota 2 523, Zimbabwe ikaza ku mwanya w’ 145 aho ifite amajwi 3 145, u Rwanda rukaza ku mwanya w’ 143 rukagira amanota 3 415, na Botswana y’ 143 ifite 3 467 naho Lesotho y’ 142 ikaba ifite amanota 3 653.

Mu Bihugu byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, na ho ruza ku mwanya wa nyuma kuko Uganda iri ku mwanya w’ 117 ifite amanota 4 636, Kenya iri ku mwanya w’ 119 n’amanota 4 607, u Burundi bukaba buri ku mwanya w’ 137 n’amanota 3 775 naho Tanzania ikaba ku mwanya w’ 139 n’amajwi 3 623.

Iyi raporo ishyirau Rwanda mu myanya ya nyuma mu byishimo, isohotse mu gihe bamwe mu baturarwanda bakomeje kuzamura amajwi bavuga ko imibereho ihenze cyane kubera ibiciro by’ibicuruzwa bikenerwa mu buzima bwa buri munsi byatumbagiye ku kigero cyo hejuru.

Muri Kanama umwaka ushize wa 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubuegenzacyaha RIB rwatangaje ko mu gihe cy’umwaka umwe hari hiyahuye abanyarwanda 576 barimo 82 % b’igitsinagore na 18 % b’igitsinagore.

Uru rwego rwatangaje ko 47 % by’abiyahuye hatamenyekanye icyatumye biyambura ubuzima mu gihe 28 % ari ababitewe n’amakimbirane yo mu miryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 7 =

Previous Post

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Next Post

Uri kurota!!…Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?
Uncategorized

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uri kurota!!…Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Uri kurota!!...Shaddyboo yambaye agatimba yongeye kuvugisha imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.