Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nkombo: Nkombo abafite virusi itera SIDA bahagarikiwe inyunganiramirire none ubuzima bwabo burageramiwe

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in MU RWANDA
0
Nkombo: Nkombo abafite virusi itera SIDA bahagarikiwe inyunganiramirire none ubuzima bwabo burageramiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite Virusi itera SIDA bo ku kirwa cya Nkombo cyo mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bahagarikiwe inyunganiramirire bajyaga bahabwa, none bafite impungenge ko ubuzima bwabo bushobora kubacika.

Aba baturage bafite Virusi itera SIDA bavuga ko mbere bahabwaga inyunganiramibire nk’ifu y’igikoma ya SOSOMA none bakaba bamaze imyaka ibiri batabihabwa.

Bavuga ko ibi byatumye bamwe muri bo bahagarika imiti igabanya ubukana kuko isanzwe ibafasha kuba bariye amafunguro yuzuye intungamubiri zihagije mu gihe bo badafite ubushobozi buhagije bwo kuba bakwibonera ayo mafunguro.

Umusaza w’imyaka 82 y’amavuko utifuje ko amazina ye atangazwa,yagize ati “Ubundi baduhaga ifu ya SOSOMA, tukarenza ku miti igabanya ubukana bwa Virusi, tukabaho twumva ari ibyo ntakibazo. Ariko kugeza ubu nkanjye ufite imyaka 82, nta mbaraga mfite rwose, ubushobozi ni bucye, kandi iyi nyunganiramirire hashize imyaka ibiri yose bayihagaritse ntitukiyibona. Murumva ko ubuzima bwacu ntaho buri.”

Undi mubyeyi ufite Virusi  SIDA ndetse n’umwana we akabaya yarayivukanye, avuga ko guhagarikirwa iyi nyunganiramirire byagize ingaruka ku burezi bw’uyu mwana we.

Yagize ati “Kubera ko rero ari n’umunyeshuri, iyo ayinyweye  iramwica hakaba n’ubwo ahungabana, bitewe n’uko n’ibyo kurya bicye atamiye, ntacyo bimumarira kuko ibinini bimurusha imbaraga.”

Undi mugabo uri mu kigero cy’imyaka 52 y’amavuko avuga ko imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA ifite imbaraga ku buryo kuyinywa umuntu atariye amafunguro yuzuye intungamubiri, bibagiraho ingaruka.

Yagize ati “Iyi miti tunywa iturusha imbaraga cyane iyo ntacyo washyize   irakwica. Ariko mu by’ukuri, niba hari ubuvugizi mwadukorera, mwatubwirira ubuyobozi ko tumerewe nabi bakongera bakajya baduha agasosoma, kuko iyo ukanyweye ugashyiraho n’imiti, ubuzima buraza aho kugucika.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho y’abaturage, Anne Marie Dukuzumuremyi, yemeye ko iki kibazo cyo kuba abafite  Virusi itera SIDA bahagarikiwe inyunganiramirire gihari, ariko ko ubuyobozi buri kuganira n’abafatanyabikorwa kugira ngo bongere guhabwa iyo nkunga.

Avuga ko iki kibazo cyaturutse ku kuba inkunga yateganyirijwe aba bafite Virusi itera SIDA yashize mu bubiko.

Yagize ati “Ariko ubu, ari ikigo Nderabuzima ari n’Ibitaro bya Gihundwe bibakurikirana byatanze ubundi busabe, bitumizaho indi nyunganiramirire. Ubu rero turizera ko iri hafi kuza, kandi turizera ko itazatinda kuko duherutse kuvugana n’umuyobozi w’ibitaro bya Gihundwe, atwizeza ko barimo kubikurikirana byimbitse.”

Uyu muyobozi yavuze ko ku kibazo cy’abari guhagarika imiti igabanya ubukana, bagiye gukora ubukangurambaga ku buryo abari bayivuyeho bazayisubiraho dore ko ibafitiye inyungu ku buzima bwabo.

Akarere ka Rusizi gafite abaturage 5,400 bafite Virusi itera SIDA mu gihe kuri iki Kirwa cya Nkombo, ubwandu buri ku kigero cya 0.03%

Akarere ka Rusizi kavuga ko gafite gahunda yo gushimangira intego izwi nka 90-90-90y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, yo kuba muri 2030 nibura 90% bazaba bazi uko bahagaze, 90% kandi by’abanduye bakaba bafata imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA, naho 90% by’abanywa imiti, bakaba bafite virusi nke mu maraso yabo ku buryo batakwanduza abandi.

V/Mayor Anne Marie Dukuzumuremyi avuga ko iki kibazo kigiye gukemuka
Umwe mu bafite Virusi itera SIDA avuga ko ubuzima bwabo butameze neza

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 20 =

Previous Post

Ndimbati afatiwe icyemezo cyo gufungwa

Next Post

Bamporiki yahuye n’uwamwigishije muri ‘Primaire’ amubwira ijambo rikomeye

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

IZIHERUKA

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho
IBYAMAMARE

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki yahuye n’uwamwigishije muri ‘Primaire’ amubwira ijambo rikomeye

Bamporiki yahuye n’uwamwigishije muri ‘Primaire’ amubwira ijambo rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.