Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN
Share on FacebookShare on Twitter

Impaka zabaye ndende hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23 wubuye imirwano, bashinjanya guhanura indege y’ingabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Iyi ndege yahanuwe irashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022, yaguyemo abantu umunani barimo Abasirikare batandatu ba Pakistan.

Nyuma y’ihanurwa ry’iyi ndege, igisirikare cya DRC, cyatangaje ko yahanuwe n’umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru.

Iyi ndege yahanuwe mu gihe kuva mu gicuku cyo ku wa Mbere M23 iri mu mirwa na FARDC mu duce twa Tchanzu and Runyonyi, muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Umuvugizi w’ingabo muri Kivu ya Ruguru, Gen Sylvain Ekenge yatangarije itangazamakuru ko indege ya UN yari mu bikorwa by’ubutabazi by’abari guhunga imirwano, yarashwe na M23 ubwo yari igeze muri Tchanzu.

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 na bwo bwahise busohora itangazo bwamagana ibi byatangajwe na FARDC, buvuga ko uyu mutwe atari wo wahanuye iyi ndege.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa M23, Willy Ngoma, rivuga ko iyi ndege yahanuwe na FARDC.

Willy Ngoma yatangaje ko igisasu cyarashe iyi ndege ari icyo mu bwoko bwa Roketi 122mm cyari giturutse mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo.

Iri tangazo rivuga ko ubwo indege ebyiri za MONUSCO zari mu gace ka Cyanzu, imwe muri zo yafashwe n’iki gisasu cya FARDC.

Iri tangazo rivuga ko kuri uwo mugoroba, izindi ndege ebyiri za MONUSCO zanyuze muri utwo duce  kandi zikahanyura mu mahoro bityo ko iriya yahanuwe n’igisasu cya FARDC ku bw’impanuka.

Risoza rigira riti “Umuryango wacu nta nyungu ufite mu kurwanya ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro, ugasaba MONUSCO gukora iperereza ryihuse kugira ngo ushyire ukuri hanze kuri iki gikorwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + six =

Previous Post

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

Next Post

Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.