Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in Uncategorized
0
Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe akora akazi k’ubwarimu wo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, aravugwaho gutema ku gatsinsino umwana w’imyaka 6 akamukomeretsa ariko ubuyobozi bw’Umudugudu bukanga ko ashyikirizwa Polisi buvuga ko buzabyikemurira.

Uyu mwarimu witwa Gakwerere Cassien usanzwe akorera akazi k’uburezi muri G.S Rubagabaga, avugwaho gukora iki gikorwa ku wa Gatatu w’iki cyumweru ubwo yasangaga abana bari mu murima we uherereye mu Mudugudu wa Nyamirama ya Kabiri, Akagari ka Nyamirama, bari gutwara ibikenyeri birimo.

Muvunyi Claude, umubyeyi w’uyu mwana w’imyaka itandatu watemwe agatsinsino, yabwiye Kigali Today dukesha aya makuru ko yatumye abana kujya gutashya inkwi nabo bakajya gushaka ibikenyeri mu murima w’uyu mwarimu.

Ngo ubwo uyu murezi yabasangaga mu murima we, yarabirukankanye baramusiga ahita abatera umuhoro.

Ati “nkeka ko uriya yatemye yamujugutiye [yamuteye] umuhoro ukamufata agatsintsino ku buryo imitsi yacitse.”

Uyu mubyeyi avuga ko uyu mwana w’imyaka itandatu yakomeretse akava amaraso menshi, agashaka kujya kurega kuri Polisi ariko ubuyobozi bw’Umudugudu bukamwangira bukamubwira ko buzakemura iki kibazo ariko ko ubwo uyu mwana yatemwaga yaraye atavujwe.

Ati “Ubu icyakora yazindutse amutwara kwa muganga ariko nkeneye ko amuvuza agakira neza.”

Muyambi David uyobora Akagari ka Nyamirama, avuga ko yashatse gukemura iki kibazo ariko ko umubyeyi w’umwana watemwe ku gatsinsino yamuhakaniye akamubwira ko adashaka kwiteranya n’umuturanyi we.

Uyu muyobozi avuga ko yashatse kujyana Mwarimu Gakwerere kuri polisi kugira ngo akurikiranweho icyo cyaha “ariko Muvunyi yarabyanze.”

Umubyeyi w’umwana wakomerekejwe n’umwarimu yasabye ko yasinyira ko azamuvuza kugeza akize ubundi ntiyirirwe ajyanwa mu nzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Uvugwaho kuba yararozwe n’umugore we yavuye kwivuza asanga yashatse undi amubwira ko yumvaga azapfa

Next Post

Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.