Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul wasoje uruzinduko yagiriraga muri Zambia, yashimiye mugenzi we Hakainde Hichilema, amumenyesha ko yageze mu rugo amahoro.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Hakainde Hichilema.

Yagize ati “Muvandimwe wanjye Perezida Hakainde Hichilema nageze mu rugo amahoro, nifuzaga kugushimira cyane wowe na Madamu uburyo mwatwakiriye n’ibiganiro twagiranye bizatanga umusaruro. Ndabifuriza ibyiza wowe n’Abaturage ba Zambia.”

Perezida Kagame Paul watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri ku wa Mbere tariki ubwo yageraga i Livingstone mu murwa Mukuru w’Ubukerarugendo, yakiriwe na mugenzi we Hakainde Hichilema.

Bahise bagirana ibiganiro byihariye, byakurikiwe n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye bw’Ibihugu byombi mu nzego zinyuranye.

Kuri uwo munsi wa Mbere kandi, Abakuru b’Ibihugu basuye isumo rya Victoria Falls rifite amazi yisuka mu mugezi wa Zambezi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022, Perezida Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema basuye ibice by’ubukerarugendo binyuranye birimo Pariki y’Igihugu ya Musi-O-Tunya iri muri Pariki zikomeye muri Africa ndetse n’Icyanya cy’ubukerarugendo kizwi nka Mukuni Big 5 Safaris kibamo inyamazwa z’inkazi.

Aha ni na ho hafatiwe amashusho n’amafoto agaragaza abakuru b’Ibihugu bari mu ibi bice bibamo inyamaswa z’inkazi zishobora gushyikirana na ba mukerarugendo ntizibarye kubera uburyo zatojwe.

Perezida Kagame yagaragaye ari gukora ku nyamaswa y’inkazi izwi nka Cheetah benshi bita Igisamagwe ikaba mu muryango umwe n’Ingwe zizwiho amakare akomeye.

Ni ifoto yakunzwe na benshi bishimiye uburyo umukuru w’igihugu yagaragaye ari kumwe n’iyi nyamaswa yabyishimiye, bituma bayishyira ku mbuga nkoranyambaga zabo.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Perezida Kagame na Hichilema banasuye ikiraro kiri ku mupaka wa Kazungulu gihuza Zambia na Bostwana.

Kuri iki kiraro, Umukuru w’u Rwanda yateye igiti kuri uyu mupaka kigaragaza ubucuti n’igihango Zambia n’u Rwanda bagiranye.

Perezida Kagame yateye igiti nk’ikimenyetso cy’ubucutu bw’Ibihugu byombi
Umukuru w’u Rwanda yaherekejwe na mugenzi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Umuyobozi wa Gereza ushinjwa guherana imfungwa yarangije ibihano ntiyitabye urukiko

Next Post

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.