• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iri gukurikirana ikibazo cy’abantu bataramenyekana batemye Inka y’umuturage wo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Harerimana Tite, yagaragaje ifoto y’Inyana yatemwe ahagana ku ijosi.

Avuga ko iyi nka yatemwe ari iy’umuturage witwa Ruzindaza Paul wo mu Mudugudu wa Nyabitare mu Kagari ka Ruyenzi mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi.

Harerimana avuga ko ubwo uyu muturage warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi yari ahumuje mu masaaha ya saa moya n’igice, yaje mu kiraro asanga inka ye yatemwe.

Polisi y’u Rwanda, yavuze ko iki kibazo cyamenyekanye kandi ko iri kugikurikirana.

Muraho,

Iki kibazo cyamenyekanye kirimo gukurikiranwa. Murakoze

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) April 11, 2022

Ingabire Egidie Bibio usanzwe ari Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) na we yagarutse kuri iki kibazo, asaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugikurikirana.

Mu butumwa na we yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “abagizi ba nabi bakoze ibi bafatwe, kuko ukora ibi afashe nyiri iyi nka ni we yari gukorera ibi! Amakuru aragaragaza ko ari inka y’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, witwa RUZINDAZA Paul utuye mu Murenge wa Runda.”

Rafiki Umwizerwa uyobora Umurenge wa Runda, yatangaje ko ubu bugizi bwa nabi bwabayeho ariko ko abatemye iri tungo bataramenyekana.

Uyu muyobozi uvuga ko inzego zishinzwe iperereza zatangiye kurikora, yavuze ko abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo bari kuvura iyi nyana kugira ngo harebwe ko yakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Ufite ubumuga bwo kutabona wakundaga The Ben banafitanye indirimbo yitabye Imana

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.