Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iri gukurikirana ikibazo cy’abantu bataramenyekana batemye Inka y’umuturage wo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Harerimana Tite, yagaragaje ifoto y’Inyana yatemwe ahagana ku ijosi.

Avuga ko iyi nka yatemwe ari iy’umuturage witwa Ruzindaza Paul wo mu Mudugudu wa Nyabitare mu Kagari ka Ruyenzi mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi.

Harerimana avuga ko ubwo uyu muturage warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi yari ahumuje mu masaaha ya saa moya n’igice, yaje mu kiraro asanga inka ye yatemwe.

Polisi y’u Rwanda, yavuze ko iki kibazo cyamenyekanye kandi ko iri kugikurikirana.

Muraho,

Iki kibazo cyamenyekanye kirimo gukurikiranwa. Murakoze

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) April 11, 2022

Ingabire Egidie Bibio usanzwe ari Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) na we yagarutse kuri iki kibazo, asaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugikurikirana.

Mu butumwa na we yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “abagizi ba nabi bakoze ibi bafatwe, kuko ukora ibi afashe nyiri iyi nka ni we yari gukorera ibi! Amakuru aragaragaza ko ari inka y’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, witwa RUZINDAZA Paul utuye mu Murenge wa Runda.”

Rafiki Umwizerwa uyobora Umurenge wa Runda, yatangaje ko ubu bugizi bwa nabi bwabayeho ariko ko abatemye iri tungo bataramenyekana.

Uyu muyobozi uvuga ko inzego zishinzwe iperereza zatangiye kurikora, yavuze ko abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo bari kuvura iyi nyana kugira ngo harebwe ko yakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − nine =

Previous Post

Ufite ubumuga bwo kutabona wakundaga The Ben banafitanye indirimbo yitabye Imana

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Related Posts

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

by radiotv10
24/05/2025
0

Umugore w’imyaka 33 wo mu Murenge wa Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho kwica umugabo we amuteye icyuma mu ijosi,...

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC/Rwanda Media Commission) rwahwituye abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo, rubasaba kwirinda gutangaza ibishingiye ku bitekerezo...

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

by radiotv10
23/05/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri 'Wisdom School' ryo mu Karere ka Musanze, basuye polisi y’u Rwanda ku Cyicaro Gikuru...

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Abagabo batatu b’abanyamahanga bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rubakurikiranyego ubucuruzi butemewe bw’amafaranga, iperereza ry’ibanze kuri bo ryagaragaje ko...

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

by radiotv10
23/05/2025
0

Martin Ngoga wagize imyanya inyuranye mu nzego Nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Umushinjacyaha Mukuru, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye,...

IZIHERUKA

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

by radiotv10
24/05/2025
0

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

23/05/2025
Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.