• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
1
Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Kigali-Huye wari umaze iminsi utari nyabagendwa, wongeye gukoreshwa nyuma y’iminsi 10 warangiritse, ugahungabanya imigenderanire hagati y’Umujyi wa Kigali n’Intara y’Amajyepfo.

Tariki 30 Werurwe 2022, umuhanda Kigali-Huye wari wangirikiye hagati y’agace ka Ruyenzi n’isoko rya Bishenyi.

Icyo gihe Polisi y’u Rwanda yari yagiriye inama abakoresha uyu muhanda ko abava Kigali berekeza Huye gukoresha umuhanda Kigali-Ruyenzi-Nkoto naho abava Huye berekeza Kigali bakoresha umuhanda Nkoto-Gihara-Ruyenzi.

Polisi y’u Rwanda yari yatangaje ko imirimo yo gukora uyu muhanda yahise itangira, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022, yatangaje ko uyu muhanda wabaye nyabagendwa.

Muri iyi minsi 10 uyu muhanda warangiritse, abakunze gukora ingendo za Kigali-Muhanga&Ruhango, Nyanza Huye, bari bamaze iminsi bataka uburyo izi ngendo zibagora.

Umwe mu bigeze gukora uru rugendo, yabwiye RADIOTV10 ko nko kuva mu Karere ka Muhanga yerecyeza mu Mujyi wa Kigali byamufashe amasaha ane mu gihe ubusanzwe ari isaha imwe n’igice.

Abasanzwe bakoresha uyu muhanda, ubu bari kwiruhutsa nyuma y’uko wongeye kuba nyabagendwa kuko inzira bari bamaze iminsi bakoresha zari mbi kandi ari kure.

Umwe usanzwe atwara abagenzi kuri moto, yagize ati “Washoboraga kumara amasaha ane cyangwa atanu akaba yanarenga muri Ambuteyaje ya Ruyenzi, Gihara – Nkoto, ariko ubu turasubijwe kandi n’abagenzi ni uko.”

Imodoka zirabasha gutambuka

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugabo says:
    4 years ago

    Akarere Ka Muhanda ntitukagira rwose
    Mwite kubunyamwuga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − six =

Previous Post

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Next Post

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.