• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
0
Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Egide Nkuranga yongeye kunenga abakoze Jenoside bagikomeje kugaragaza gushaka kuyobya ubutabera, agaruka ku bahanishijwe igihano cy’urupfu ubwo cyari kikiriho mu Rwanda, bagaragaje gukunda ubuzima cyane nyamara bo barabuvukije benshi.

Kimwe mu bibazo bikomeye bibangamiye abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, ni bamwe mu bayikoze binangiye bakanga kuvuga aho bashyize imibiri y’abo bishe, hakaba n’abandi basabye imbabazi mu buryo bwa nyirarureshwa kugira ngo basohoke muri Gereza.

Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Egide Nkuranga mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Jalas TV, yavuze ko ibi bibazo bikomeje kugaragara kandi ko aho bigaragaye, babyamagana kuko bishengura abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Nkuranga avuga ko bitanatunguranye kuko abakoze Jenoside bumvaga bitazabagiraho inkurikizi. Ati “Kandi ugasanga banakunze ubuzima cyane kandi bo barabwambuye abandi.”

Avuga ko atari n’umwihariko ku bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi kuko byanagaragaye ku bakoze izindi Jenoside zizwi mu mateka y’Isi.

Ati “Usanga iyo Jenoside irangiye hari abari bafite amafaranga ‘ubwo ndavuga ku bakoze Jenoside yakorewe Abayahudi’ bakajya guhinduza Visa ngo ejo batazamenyekana kugira ngo bacike ubutabera…ni n’abashenzi ni ko navuga, abantu bagera aho kwica abantu ariko bo ugasanga bakunze ubuzima cyane…”

Yakomeje atanga urugero rw’abakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bahanishijwe igihano cy’urupfu [ubwo cyari kikiri mu mategeko y’u Rwanda, cyakuweho mu Nyakanga 2007] uko yabonye bitwaraga ubwo bahabwaga iki gihano.

Ati “Njye nibuka igihano cy’urupfu kitaravaho abarashwe ku Gikongoro…ni yo mpamvu nanavuga ngo ni n’imbwa. Umuntu wishe abantu azi neza ko yabamaze, we bajya kumwica…hariho ababanje kwinyarira…ibyo bigaragaza ububwa bwabo.”

Egide Nkuranga avuga ko ibi ari na byo bituma bamwe mu bahamijwe ibyaha bya Jenoside bari muri Gereza birirwa batakamba, abandi bifuza gusubirishamo imanza.

Gusa bamwe mu bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, barireze basaba imbabazi abo biciye, Imana n’Igihugu ubundi bararekurwa ndetse ubu babanye neza n’abo bahemukiye.

Ubushakashatsi bw’iyahoze ari Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Kurwanda Jenoside (CNLG) bwo mu mwaka ushize wa 2021, bwagaragaje ko ubwiyunge mu Banyarwanda bugeze kuri 94,6% buvuye kuri 92,5% bwariho muri 2015 mu gihe muri 2010 bwari kuri 82.3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eighteen =

Previous Post

Byateye urujijo: Muhoozi utahaga agahenge Twitter mu kuyikoresha, konti ye ubu ntiriho

Next Post

Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.