• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

radiotv10by radiotv10
12/12/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya Corporal, ari na bo benshi bo mu cyiciro kimwe mu bazamuwe mu ntera.

Izamurwa mu ntera ry’aba basirikare rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na RDF muri iki gitondo, rigaragaza uko Perezida wa Repubyulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF yazamuye mu ntera aba basirikare.

Aba basirikare barimo babiri binjiye mu cyiciro cy’Abajenerali bahawe ipeti rya Brigadier General bakuwe ku rya Colonel, bo bahise banahabwa inshingano nshya.

RDF yungutse Aba-Colonel 43

Mu bandi bazamuwe mu mapeti, harimo abasirikare 43 bakuwe ku ipeti rya Lieutenant Colonel, bazamuwe ku ipeti rya Colonel, ari na ryo rikuru mu mapeti y’Abofisiye Bakuru mu Ngabo z’u Rwanda.

Ni mu gihe abandi basirikare 253 bakuwe ku ipeti rya Major, bahabwa irya Lieutenant Colonel, naho abandi 79 bakurwa ku ipeti rya Captain, bazamurwa ku ipeti rya Major.

Nanone kandi Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 299 bakuwe ku ipeti rya Lieutenant bahabwa irya Captain.

Nanone abandi basirikare 11 bakuwe ku ipeti rya Staff Sergeant, bahabwa ipeti rya Sergeant Major, mu gihe abandi 2 296 bakuwe ku ipeti rya Sergeant bagahabwa irya Staff Sergeant.

Hari abandi 10 260 bazamuwe bakuwe ku ipeti rya Corporal, bahabwa ipeti rya Sergeant, ari na bo benshi bari mu cyiciro kimwe muri aba bazamuwe none, hakaba kandi abandi 7 822 bakuwe ku ipeti rya Private, bazamurwa ku rya Corporal.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Next Post

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.