Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
0
Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Egide Nkuranga yongeye kunenga abakoze Jenoside bagikomeje kugaragaza gushaka kuyobya ubutabera, agaruka ku bahanishijwe igihano cy’urupfu ubwo cyari kikiriho mu Rwanda, bagaragaje gukunda ubuzima cyane nyamara bo barabuvukije benshi.

Kimwe mu bibazo bikomeye bibangamiye abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, ni bamwe mu bayikoze binangiye bakanga kuvuga aho bashyize imibiri y’abo bishe, hakaba n’abandi basabye imbabazi mu buryo bwa nyirarureshwa kugira ngo basohoke muri Gereza.

Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Egide Nkuranga mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Jalas TV, yavuze ko ibi bibazo bikomeje kugaragara kandi ko aho bigaragaye, babyamagana kuko bishengura abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Nkuranga avuga ko bitanatunguranye kuko abakoze Jenoside bumvaga bitazabagiraho inkurikizi. Ati “Kandi ugasanga banakunze ubuzima cyane kandi bo barabwambuye abandi.”

Avuga ko atari n’umwihariko ku bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi kuko byanagaragaye ku bakoze izindi Jenoside zizwi mu mateka y’Isi.

Ati “Usanga iyo Jenoside irangiye hari abari bafite amafaranga ‘ubwo ndavuga ku bakoze Jenoside yakorewe Abayahudi’ bakajya guhinduza Visa ngo ejo batazamenyekana kugira ngo bacike ubutabera…ni n’abashenzi ni ko navuga, abantu bagera aho kwica abantu ariko bo ugasanga bakunze ubuzima cyane…”

Yakomeje atanga urugero rw’abakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bahanishijwe igihano cy’urupfu [ubwo cyari kikiri mu mategeko y’u Rwanda, cyakuweho mu Nyakanga 2007] uko yabonye bitwaraga ubwo bahabwaga iki gihano.

Ati “Njye nibuka igihano cy’urupfu kitaravaho abarashwe ku Gikongoro…ni yo mpamvu nanavuga ngo ni n’imbwa. Umuntu wishe abantu azi neza ko yabamaze, we bajya kumwica…hariho ababanje kwinyarira…ibyo bigaragaza ububwa bwabo.”

Egide Nkuranga avuga ko ibi ari na byo bituma bamwe mu bahamijwe ibyaha bya Jenoside bari muri Gereza birirwa batakamba, abandi bifuza gusubirishamo imanza.

Gusa bamwe mu bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, barireze basaba imbabazi abo biciye, Imana n’Igihugu ubundi bararekurwa ndetse ubu babanye neza n’abo bahemukiye.

Ubushakashatsi bw’iyahoze ari Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Kurwanda Jenoside (CNLG) bwo mu mwaka ushize wa 2021, bwagaragaje ko ubwiyunge mu Banyarwanda bugeze kuri 94,6% buvuye kuri 92,5% bwariho muri 2015 mu gihe muri 2010 bwari kuri 82.3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 − one =

Previous Post

Byateye urujijo: Muhoozi utahaga agahenge Twitter mu kuyikoresha, konti ye ubu ntiriho

Next Post

Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Related Posts

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

IZIHERUKA

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi
IBYAMAMARE

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

12/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.