Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
0
Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Egide Nkuranga yongeye kunenga abakoze Jenoside bagikomeje kugaragaza gushaka kuyobya ubutabera, agaruka ku bahanishijwe igihano cy’urupfu ubwo cyari kikiriho mu Rwanda, bagaragaje gukunda ubuzima cyane nyamara bo barabuvukije benshi.

Kimwe mu bibazo bikomeye bibangamiye abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, ni bamwe mu bayikoze binangiye bakanga kuvuga aho bashyize imibiri y’abo bishe, hakaba n’abandi basabye imbabazi mu buryo bwa nyirarureshwa kugira ngo basohoke muri Gereza.

Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Egide Nkuranga mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Jalas TV, yavuze ko ibi bibazo bikomeje kugaragara kandi ko aho bigaragaye, babyamagana kuko bishengura abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Nkuranga avuga ko bitanatunguranye kuko abakoze Jenoside bumvaga bitazabagiraho inkurikizi. Ati “Kandi ugasanga banakunze ubuzima cyane kandi bo barabwambuye abandi.”

Avuga ko atari n’umwihariko ku bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi kuko byanagaragaye ku bakoze izindi Jenoside zizwi mu mateka y’Isi.

Ati “Usanga iyo Jenoside irangiye hari abari bafite amafaranga ‘ubwo ndavuga ku bakoze Jenoside yakorewe Abayahudi’ bakajya guhinduza Visa ngo ejo batazamenyekana kugira ngo bacike ubutabera…ni n’abashenzi ni ko navuga, abantu bagera aho kwica abantu ariko bo ugasanga bakunze ubuzima cyane…”

Yakomeje atanga urugero rw’abakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bahanishijwe igihano cy’urupfu [ubwo cyari kikiri mu mategeko y’u Rwanda, cyakuweho mu Nyakanga 2007] uko yabonye bitwaraga ubwo bahabwaga iki gihano.

Ati “Njye nibuka igihano cy’urupfu kitaravaho abarashwe ku Gikongoro…ni yo mpamvu nanavuga ngo ni n’imbwa. Umuntu wishe abantu azi neza ko yabamaze, we bajya kumwica…hariho ababanje kwinyarira…ibyo bigaragaza ububwa bwabo.”

Egide Nkuranga avuga ko ibi ari na byo bituma bamwe mu bahamijwe ibyaha bya Jenoside bari muri Gereza birirwa batakamba, abandi bifuza gusubirishamo imanza.

Gusa bamwe mu bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, barireze basaba imbabazi abo biciye, Imana n’Igihugu ubundi bararekurwa ndetse ubu babanye neza n’abo bahemukiye.

Ubushakashatsi bw’iyahoze ari Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Kurwanda Jenoside (CNLG) bwo mu mwaka ushize wa 2021, bwagaragaje ko ubwiyunge mu Banyarwanda bugeze kuri 94,6% buvuye kuri 92,5% bwariho muri 2015 mu gihe muri 2010 bwari kuri 82.3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Byateye urujijo: Muhoozi utahaga agahenge Twitter mu kuyikoresha, konti ye ubu ntiriho

Next Post

Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano dufite uretse iby’intambara z’Abanyaburayi kandi nabo twabagiriye inama- Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.