Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya kabiri, Kwizera Evariste usanzwe yarashyingiranywe na Mukaperezida Clotilde umurusha imyaka 27, yatawe muri yombi n’ubundi akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa yigeze gukurikiranwaho muri 2019.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje aya makuru, ruvuga ko uyu Kwizera Evariste yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022 akaba afungiye sitasiyo y’uru rwego ya Kigabiro.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko Kwizera w’imyaka 25 y’amavuko akekwaho gusambanya umwanya w’imyaka 16 y’amavuko.

Dr Murangira yagize ati “Uyu mwana wahohotew yakoreraga uregwa akazi ko gucuruza inzoga, akaba yaramusanze aho uyu mwana arara akaba ari na ho acururiza.”

Iki cyaha gikekwa kuri Kwizera Evariste cyabereye mu Mudugudu wa Umunini, Akagari ka Ruhimbi, mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Dr Murangira avuga ko Kwizera Evariste atari ubwa mbere aketsweho iki cyaha kuko no nanone muri Mata mu ntangiro zayo muri 2019 na bwo yari yatawe muri yombi akekwaho icyaha nk’iki cyo gusambanya umwana.

Icyo gihe byavugwaga ko Kwizera akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 16 akanamutera inda, yanafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 akamara amezi 11 muri gereza, yaje kurekurwa muri Werurwe 2020

Kwizera Evariste yavuzwe cyane mu mpera za 2018 no mu ntangiro za 2019 ubwo yasezeranaga na Mukaperezida Clotilde w’imyaka 48 y’amavuko mu gihe uyu musore we yari afite imyaka 21 y’amavuko.

Uyu mugabo kandi yagarutsweho mu minsi yashize ubwo yatangazaga ko yamaze kwiyandikisha mu bazitabira irushanwa rya Rudasumbwa w’u Rwanda risabwa kujyamo abatarashaka abagore.

Kwizera Evariste utaritabiriye ijonjora ry’iri rushanwa ryamaze kuba, yatangaje ko byatewe n’impanuka aherutse kugira we n’umugore ndetse n’abandi bantu ubwo imodoka yabasangaga aho bari bari ikabagonga.

Kwizera yigeze kuvuga ko yifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe

Next Post

AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

Related Posts

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Abasenateri bagaragaje ibibazo bikigaragara mu mikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Poste de Santé), birimo kuba hari akora iminsi itatu gusa mu cyumweru...

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
15/10/2025
0

Umunyarwanda Musangabatware Clement unahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora Ibiro by’iyi Nteko...

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

by radiotv10
15/10/2025
0

Abantu 11 bakurikiranyweho gucukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baburanye ku...

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

by radiotv10
15/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba...

IZIHERUKA

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

15/10/2025
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.