Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya kabiri, Kwizera Evariste usanzwe yarashyingiranywe na Mukaperezida Clotilde umurusha imyaka 27, yatawe muri yombi n’ubundi akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa yigeze gukurikiranwaho muri 2019.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje aya makuru, ruvuga ko uyu Kwizera Evariste yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022 akaba afungiye sitasiyo y’uru rwego ya Kigabiro.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko Kwizera w’imyaka 25 y’amavuko akekwaho gusambanya umwanya w’imyaka 16 y’amavuko.

Dr Murangira yagize ati “Uyu mwana wahohotew yakoreraga uregwa akazi ko gucuruza inzoga, akaba yaramusanze aho uyu mwana arara akaba ari na ho acururiza.”

Iki cyaha gikekwa kuri Kwizera Evariste cyabereye mu Mudugudu wa Umunini, Akagari ka Ruhimbi, mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Dr Murangira avuga ko Kwizera Evariste atari ubwa mbere aketsweho iki cyaha kuko no nanone muri Mata mu ntangiro zayo muri 2019 na bwo yari yatawe muri yombi akekwaho icyaha nk’iki cyo gusambanya umwana.

Icyo gihe byavugwaga ko Kwizera akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 16 akanamutera inda, yanafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 akamara amezi 11 muri gereza, yaje kurekurwa muri Werurwe 2020

Kwizera Evariste yavuzwe cyane mu mpera za 2018 no mu ntangiro za 2019 ubwo yasezeranaga na Mukaperezida Clotilde w’imyaka 48 y’amavuko mu gihe uyu musore we yari afite imyaka 21 y’amavuko.

Uyu mugabo kandi yagarutsweho mu minsi yashize ubwo yatangazaga ko yamaze kwiyandikisha mu bazitabira irushanwa rya Rudasumbwa w’u Rwanda risabwa kujyamo abatarashaka abagore.

Kwizera Evariste utaritabiriye ijonjora ry’iri rushanwa ryamaze kuba, yatangaje ko byatewe n’impanuka aherutse kugira we n’umugore ndetse n’abandi bantu ubwo imodoka yabasangaga aho bari bari ikabagonga.

Kwizera yigeze kuvuga ko yifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − twelve =

Previous Post

Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe

Next Post

AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

Related Posts

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda
IBYAMAMARE

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.