Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya kabiri, Kwizera Evariste usanzwe yarashyingiranywe na Mukaperezida Clotilde umurusha imyaka 27, yatawe muri yombi n’ubundi akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa yigeze gukurikiranwaho muri 2019.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje aya makuru, ruvuga ko uyu Kwizera Evariste yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022 akaba afungiye sitasiyo y’uru rwego ya Kigabiro.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko Kwizera w’imyaka 25 y’amavuko akekwaho gusambanya umwanya w’imyaka 16 y’amavuko.

Dr Murangira yagize ati “Uyu mwana wahohotew yakoreraga uregwa akazi ko gucuruza inzoga, akaba yaramusanze aho uyu mwana arara akaba ari na ho acururiza.”

Iki cyaha gikekwa kuri Kwizera Evariste cyabereye mu Mudugudu wa Umunini, Akagari ka Ruhimbi, mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Dr Murangira avuga ko Kwizera Evariste atari ubwa mbere aketsweho iki cyaha kuko no nanone muri Mata mu ntangiro zayo muri 2019 na bwo yari yatawe muri yombi akekwaho icyaha nk’iki cyo gusambanya umwana.

Icyo gihe byavugwaga ko Kwizera akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 16 akanamutera inda, yanafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 akamara amezi 11 muri gereza, yaje kurekurwa muri Werurwe 2020

Kwizera Evariste yavuzwe cyane mu mpera za 2018 no mu ntangiro za 2019 ubwo yasezeranaga na Mukaperezida Clotilde w’imyaka 48 y’amavuko mu gihe uyu musore we yari afite imyaka 21 y’amavuko.

Uyu mugabo kandi yagarutsweho mu minsi yashize ubwo yatangazaga ko yamaze kwiyandikisha mu bazitabira irushanwa rya Rudasumbwa w’u Rwanda risabwa kujyamo abatarashaka abagore.

Kwizera Evariste utaritabiriye ijonjora ry’iri rushanwa ryamaze kuba, yatangaje ko byatewe n’impanuka aherutse kugira we n’umugore ndetse n’abandi bantu ubwo imodoka yabasangaga aho bari bari ikabagonga.

Kwizera yigeze kuvuga ko yifuza kuba Rudasumbwa w’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 7 =

Previous Post

Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe

Next Post

AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

AMAFOTO: Abayobozi muri Jamaica bishimiye guha ikaze Perezida Kagame wagendereye iki Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.