Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe

radiotv10by radiotv10
13/04/2022
in MU RWANDA
0
Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin yavuze ko Abanyapolitiki benshi bishwe bazira ibitekerezo byabo byo kurwanya umugambi wa Jenoside, bari baziranye ndetse anavuga bimwe mu byo abibukiraho.

Dr Iyamuremye Augustin yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022 mu muhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero rushyinguyemo abarenga ibihumbi 14 barimo abanyapolitiki 12 bishwe bazira ibitekerezo byabo byo kwamagana ikibi.

Perezida wa Sena wagarutse kuri aba banyapolitiki bashyinguye i Rebero, yavuze ko bose bari baziranye.

Ati “Ntabwo mbavuga nka Perezida wa Sena, nabatangaho ubuhamya kuko muri biriya bihe twari kumwe, buri wese nagira icyo namuvugaho ku buryo bw’umwihariko.”

Yagarutse kuri bamwe muri aba banyapolitiki bazize ibitekerezo byabo byiza nka Dr Gafaranga Theoneste wari umuyoboke w’ishyaka rya PSD.

Dr Iyamuremye yagize ati “Yahoraga abwira bagenzi be ati “nimureke twohereze urubyiruko mu Nkotanyi batazapfa nk’ibimonyo’, ibyo ni byo yazize yicwa urw’agashinyaguro hariya mu Kiyovu .”

Yavuze undi witwaga Maharangari Augustin wayoboraga BRD ariko ubwo Inkotanyi zateraga, Perezida Habyarimana Juvenal yashatse kumwohereza i Burayi ngo ajye gusobanura iby’Inkotanyi.

Ati “Uyu ndamwibuka ku itariki ya 05 Mata 1994 tuganira kugeza mu masaha akuze ambwira iyo mitego yose bashaka kumushyiramo ariko ageza aho arambwira ati “inzira zabyaye amarari, nanze kubyemera.”

Yanagarutse kuri Ntazinda Charles wari umujyanama muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane akaba n’umurwanashyaka wa MDR, avuga ko bari kumwe tariki 06 Mata 1994 ubwo bari bagiye mu butumwa bari boherejwemo na Ministiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana [na we wishwe azira ibitekerezo byiza].

Ato “Saa mbiri n’igice aho yari mu cyumba cye yamanutse avuza induru ati ‘Ikinani [Habyarimana] baragihanuye. Twese dukubitwa n’inkuba tugira ubwoba.”

Dr Iyamuremye yavuze ko uyu Ntazinda bagarukanye i Kigali bakahamara iminsi itatu ubundi bakajya i Butare ubwo bavagayo bakamusiga i Nyanza ari na ho yiciwe urw’agashinyaguro.

Yanavuze ko uyu Ntazinda ari we wamugiriye inama ubwo yahamagaraga Minisitiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana ariko ntiyitabe Telefone, akamubwira ko yabaza uwitwaga Magorane Ignace na we wahoraga atotezwa kuko yari yarashakanye n’Umututsikazi ariko ko na we yishwe ataragera kwa Agathe Uwiringiyimana.

Ati “Ni we muntu wa mbere namenye ko yishwe muri Kigali. Magorane Ignace na we ni intwari muri benshi tugenda twibuka.”

Dr Iyamuremye yakomeje agira ati “Ndibuka nanone umugabo w’imfura w’umunyabwenge Baguta Jean Marie Vianney wakomeje gukomakoma ngo ishyaka rya PSD ridacikamo ibice ariko atubwira ati ‘na bariya b’intege nke bashaka kuba aba-CDR mubagarure na we bamwishe urubozo hariya iwe muri Nyarugenge.”

Dr Iyamurenye yavuze ko kwibuka abanyapolitiki bishwe bazira ibitekerezo byabo byiza byo kwitandukanya n’umugambi wo kwica Abatutsi, ari igikorwa cy’ingenzi mu rwego rwo kunyomoza abakomeje kugoreka amateka.

Ati “Kwibuka aba banyapolitiki bazima bigomba kutubera umwanya wo kuzirikana amateka yacu mabi n’uburyo yatugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, n’uburyo yashyizwe mu bikorwa kandi tukamenya impamvu amahanga yatereranye Abanyarwanda.”

Yavuze ko ibi byose bikwiye kubera Abanyarwanda impamba yo gukomeza Kwibuka kandi biyubaka no guharanira kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri n’indi ngengabitekerezo mbi yose.

Uyu muhango wabimburiwe no guha icyubahiro abashyinguye ku Rwibuto rwa Rebero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 5 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

Next Post

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Related Posts

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

by radiotv10
07/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, azagezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Kabiri kugira ngo aburane...

Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa

Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa

by radiotv10
07/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; avuga ko ubwo Guverinoma y’u Rwanda yasinyanaga Amasezerano y’Amahoro n’iya DRC, yasabye Leta...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

07/07/2025
Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.